screenshot_20210923-072757_1.png.jpg

Mozambique: RDF yerekanye izindi ntwaro yafatanye ibyihebe n’umurwanyi wabyo yafashe mpiri

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yeretse itangazamakuru izindi ntwaro bafatanye ibyihebe by’umutwe wa Jamaa Ansar al-Sunnah wegamiye kuri Islam, umaze imyaka 4 uhungabanya umutekano w’intara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

Col. Rwivanga uri muri Cabo Delgado yerekanye na Yussuf Abdala, umusore w’imyaka 18 y’amavuko RDF yafashe mpiri, uvuga ko yinjijwe muri uyu mutwe ku ngufu mu mezi 12 ashize. Uyu yafashwe nyuma yo kuraswa mu kuguru kw’ibumoso ubwo yari ku rugamba.
screenshot_20210923-072757_1.png.jpg

Izi ntwaro zirimo: AK-47, mashini gani ntoya (SMGs), mashini gani nini, RPG, magazine (magazines); zose zikaba zarafatiwe mu nzira iva mu Karere ka Palma ijya muri Mocimboa da Praia.

Uyu musirikare yerekanye izi ntwaro agira ati: “Izi ni SMGs, izi ni magazine, mashini gani hariya, RPGs zafatiwe mu nzira iva muri Palma ijya muri Mocimboa da Praia.”

Ingabo z’u Rwanda zagiye mu butumwa bw’amahoro muri Cabo Delgado kuva tariki 9 Nyakanga 2021. Zivuga ko zamaze kwirukana ibyihebe bya al-Sunnah ahantu h’ingenzi byari byarafashe, ubu zikaba zikomeje ibikorwa byo kuhasubiza abari bahatuye.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Mozambique: RDF yerekanye izindi ntwaro yafatanye ibyihebe n’umurwanyi wabyo yafashe mpiri
    Ndabakunda mutugezaho inkuru zicukumbuye

  2. Mozambique: RDF yerekanye izindi ntwaro yafatanye ibyihebe n’umurwanyi wabyo yafashe mpiri
    Ndabakunda mutugezaho inkuru zicukumbuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *