Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga yeretse itangazamakuru izindi ntwaro bafatanye ibyihebe by’umutwe wa Jamaa Ansar al-Sunnah wegamiye kuri Islam, umaze imyaka 4 uhungabanya umutekano w’intara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Col. Rwivanga uri muri Cabo Delgado yerekanye na Yussuf Abdala, umusore w’imyaka 18 y’amavuko RDF yafashe mpiri, uvuga ko yinjijwe muri uyu mutwe ku ngufu mu mezi 12 ashize. Uyu yafashwe nyuma yo kuraswa mu kuguru kw’ibumoso ubwo yari ku rugamba.

Izi ntwaro zirimo: AK-47, mashini gani ntoya (SMGs), mashini gani nini, RPG, magazine (magazines); zose zikaba zarafatiwe mu nzira iva mu Karere ka Palma ijya muri Mocimboa da Praia.
Uyu musirikare yerekanye izi ntwaro agira ati: “Izi ni SMGs, izi ni magazine, mashini gani hariya, RPGs zafatiwe mu nzira iva muri Palma ijya muri Mocimboa da Praia.”
Ingabo z’u Rwanda zagiye mu butumwa bw’amahoro muri Cabo Delgado kuva tariki 9 Nyakanga 2021. Zivuga ko zamaze kwirukana ibyihebe bya al-Sunnah ahantu h’ingenzi byari byarafashe, ubu zikaba zikomeje ibikorwa byo kuhasubiza abari bahatuye.



4 Responses
Mozambique: RDF yerekanye izindi ntwaro yafatanye ibyihebe n’umurwanyi wabyo yafashe mpiri
Ndabakunda mutugezaho inkuru zicukumbuye
Mozambique: RDF yerekanye izindi ntwaro yafatanye ibyihebe n’umurwanyi wabyo yafashe mpiri
Ndabakunda mutugezaho inkuru zicukumbuye
(2) Sophia sent you messages
Sophia sent you 2 messages yesterday. She is online now.
Click the link below to view the message and reply to her.
https://sexlovers.club/chat/SophiaScott/
(2) Sophia sent you messages
Sophia sent you 2 messages yesterday. She is online now.
Click the link below to view the message and reply to her.
https://sexlovers.club/chat/SophiaScott/