Twiteguye intsinzi_Djabel wa APR FC mbere yo guhura na Etoile yo muri Tunisia

Sangiza iyi nkuru

Djabel Manishimwe ukina hagati muri APR FC yatangaje ko ikipe ye yiteguye kubona intsinzi mu mukino wa kabiri w’ijonjoro ry’irushanwa rya CAF Champions League uzayihuza na Etoile du Sahel yo muri Tunisia.

Ni ubutumwa uyu mukinnyi atanze nyuma y’aho tariki ya 19 Nzeri 2021 APR FC isezereye mu irushanwa Mogadishu City Club, iyitsinze ibitego bibiri kuri kimwe (2-1) mu mukino wa kabiri wabereye muri Sitade ya Kigali.

Djabel avuga ko umukino wabahuje na Mogadishu City wabagoye bitewe n’uko iyi kipe yo muri Somalia yababanje igitego, ku buryo byasabwe ko abakinnyi baganira kugira ngo bashake intsinzi iratuma badasezererwa rugikubita, birangira babigezeho.

Yabwiye urubuga rwa APR FC rushinzwe itangazamakuru ko umukino uzabahuza na Etoile uzaba ukomeye ku mpande zombi, ariko ngo biteguye intsinzi. Ati; “Umukino tugiye gukurikizaho navuga ko uzaba ukomeye ku mpande zombi, gusa twe turiteguye kandi twiteguye intsinzi. Tugomba kubikorera, tugatanga ibyo dufite byose, ibisigaye tukabiharira Nyagasani.”

Umukino wa mbere uzahuriza APR FC na Etoile i Kigali tariki ya 15 Ukwakira, uwa kabiri ubere i Tunis tariki ya 22 Ukwakira 2021.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *