Perezida Kagame ari muri Cabo Delgado

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze mu mujyi wa Pemba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, aho ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

The New Times dukesha aya makuru ivuga ko muri uru ruzinduko, biteganyijwe ko Perezida Kagame ubutumwa ku ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri iyi ntara kuva mu ntangiriro za Nyakanga 2021.

Biteganyijwe kandi ko Umukuru w’Igihugu agirana ikiganiro na mugenzi we muri Mozambique, Perezida Filipe Nyusi.

Perezida Kagame ageze muri Cabo Delgado nyuma yo koherezayo Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt. Gen. Mubarakh Muganga tariki ya 18 Nzeri 2021. Mu ruzinduko rw’iminsi ine uyu musirikare yagiriyeyo, na we yasuye izi ngabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *