RDC: Amasasu aravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Sangiza iyi nkuru

Urusaku rw’amasasu rwabyutse rwumvikana kuri uyu wa Kabiri mu turere dutandukanye two mu murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe haramutse imyigaragambyo isaba perezida Kabila kuva ku butegetsi nyuma y’aho manda ye irangiriye mu ijoro ryakeye.

Abantu bari I Kinshasa bavugaye na reuters dukesha iyi nkuru, bavuze ko humviaknye amasasu, ndetse umwe muri aba akaba yabonye insoresore zitwika amapine mu mihanda.

Mu turere twa Kalamu, Matete na lingwala ndetse no kuri Kaminuza ya Kinshasa, izo nsoresore zavuzaga amafirimbi zibwira Kabila ko igihe kigeze ngo arekure ubutegetsi. Abanyashuri bo kuri iyi kaminuza nabo ngo bakaba batwitse amapine nk’uko ababibonye babyemeza. Aha Matete ho ibiro by’ishyaka PPRD riri ku butegetsi byanatwitswe.

Iyi nkuru iravuga ko perezida Kabila kuva yajya ku butegetsi ari bwo agiye guhura n’ibibazo bikomeye. Abamurwanya bamushinja gushaka kwizirika ku butegetsi areka manda ye ye ikarangira nta matora ateguwe ngo asimburwe. Amatora akaba yaregejweyo kugeza mu 2018.

proxy

Bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bemeye ko Kabila aba agumye ku butegetsi, ariko abandi cyane cyane muri Kinshasa, umujyi utuwe na miliyoni 12 z’abaturage, bo ntibabikozwa. Abahagarariye ibihugu byabo muri Congo basabye Kabila kurekura ubutegeti mu rwego rwo kwirinda ko hashobora kuvuka indi ntambara hagati y’abaturage. Mu rwego rwo kureba ko abamurwanya bacururuka, ubuyobozi bwa kabila bwari bwatangaje kuri televiziyo y’igihugu kongera imyanya muri guverinoma ikava kuri 17 ikaba 65, imyinshi igenewe abo mu ruhande rutavuga rumwe. Ibi ntabyo ntacyo byatanze.

c0dehrqwgaa4gpq
Abashinzwe umutekano bagerageje kwitambika imyigaragambyo

Etienne Tshisekedi, umwe mu banyapolitiki b’ingenzi batavuga rumwe n’ubutegetsi, yasabye abaturage kwigaragambya mu mutuzo abasaba kutemera ubuyobozi bwa Kabila kandi bakanga mu mahoro ko akora icyo yise guhirika ubutegetsi.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ibi ariko nabyo umujyanama wa perezida Kabila mu bya dipolomasi ntabikozwa. Bwana Barnabe Kikaya, yavuze ko perezida Kabila atagomba gutinya igitutu ashyirwaho ngo arekure ubutegetsi. Yongeyeho ko yaba arenze ku itegeko nshinga kandi abikoze akarekura cyangwa akegura, ashobora kujyanwa mu rubanza aregwa gusiga igihugu mu kaga.

Moise Katumbi wo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse akaba ateganya kuziyamamariza kuyobora Congo, abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter yari yasabye Abakongomani ko saa sita z’ijoro ryakeye bavuza ifirimbi bagasifura ko manda ya Kabila irangiye.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *