Urugo rwa Colonel Aaron Ndayishimiye wigeze kuyobora batayo ya 212 y’ingabo z’u Burundi zirinda ishyamba rya Kibira ruherereye muri Zone Kamenge, Komine Ntahangwa mujyi wa Bujumbura, kuri uyu wa 23 Nzeri 2021 rwaraye rutewemo igisasu (grenade), babiri bahasiga ubuzima.
Urubuga SOS dukesha aya makuru rwavuganye n’umuturanyi wa Col. Ndayishimiye rutatangarije amazina, agira ati: “Twumvise ikintu gituritse n’ugutabaza, tugiye kureba, dusanga ari grenade yatewe kwa Colonel Aaron. Umugore we n’umukozi wo mu rugo bakomeretse cyane.”
Uyu mugore n’umukozi wo mu rugo ngo bajyanwe ku ivuriro ariko abaganga ntibabasha kurokora ubuzima bwabo; birangira bapfuye.
Ubwo inkuru yasohokaga kuri uru rubuga, abagabye igitero mu rugo rwa Col. Ndayishimiye ntibari bamenyekanye. Gusa inzego zishinzwe umutekano n’iperereza zatangiye gukora iperereza kugira ngo bamenyekane, baryozwe ibyo bakoze.
Mu gihe hakorwaga iperereza kandi, Bonesha FM yatangej ko umunyamakuru wayo witwa Aimé Richard Niyonkuru yari yagiye gukurikirana iyi nkuru, yatawe muri yombi n’abakozi b’urwego rushinzwe iperereza, bamwambura n’ibikoresho by’akazi.
Telefone y’uyu munyamakuru ngo yongeye gusubira ku murongo nyuma y’amasaha atanu, avuganiraho na mugenzi we ibyamubayeho, anamubwira ko ategereje gusubizwa ibikoresho bye, ibyo nabyo yaje kubihabwa gusa iyi radiyo akorera yatangaje ko abashinzwe umutekano bamukubise, banamwicaza mu ivu.


