Kuri uyu wa 27 Nzeri, 2021 mu Rukiko Rukuru/Kigali rukorera i Nyamirambo, rwemeje ko inzitizi yatanzwe n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda nta shingiro ifite, urubanza bafitanye na Avoka MHAYIMANA ubarega kumurenganya mu byemezo yafatiwe na Komite yarwo ishinzwe imyitwarire rugomba gukomeza.
Nkuko bigaragara mu nyandiko yasinyweho n’inteko y’abacamanza , ivuga ko inzitizi yatanzwe n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda nta shingiro ifite, ICYEMEZO CY’URUKIKO RWEMEJE ko izitizi yatanzwe n’Urugaga rw’Abavocat mu Rwanda nta shingiro ifite: RWEMEJE ko urubanza rukomeza kuburanishwa mu mizi kwa 04/10/2012. “
Ubwo baheruka mu rukiko hari haburanwe ku niztizi zatanzwe n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, bagaragaza ko Urukiko Rukuru ko rudafite ububasha bwo kuburanisha ikirego cya MHAYIMANA, aho bagarazaga ko icyaregewe mu Rukiko ari icyemezo cyafashwe na Komisiyo Ishinzwe Imyitwarire atari ibyemezo byafashwe n’inama z’Urugaga rw’Abavoka.
Bakomeje kuvuga ko Urukiko Rukuru/Kigali rudafite ububasha bashingiye ku ngingo ya 49 y’Itegeko N°30/2018 ryo ku wa 02/06/2018 rigena ububasha bw’inkiko , hamwe n’izindi ngingo zitandukanye zo mu Itegeko n°83/2013 ryo kuwa 11/09/2013 rishyiraho Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rikanagena imitunganyirize n’imikorere byarwo, ndetse n’ imanza zitandukanye zaciwe n’Urukiko Rukuru/bongeraho ko ku ruhande rwa Avoka MHAYIMANA babaye nkabirinda kuvuga kuri izo ngingo mu myiregurire yabo.
Abunganira Avoka MHAYIMANA bo bavuga kuri iyo ngingo ya 49 bavugaga ko iha ububasha Urukiko Rukuru/Kigali, bityo akaba arirwo rugomba kuburanisha ikirego cya Avoka MHAYIMANA aregamo Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda. Bakaba bavuze ko usomye ibikubiye muri iriyo ngingo ya 49 haba mu rurimi rw’ikinyarwanda no mu zindi ndimi (icyongereza n’igifaransa) bigaragaza ko uru Rukiko Rukuru rufite ububasha.
Intandaro y’ikirego cya MHAYIMANA aregamo Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda
Mu ibaruwa yanditswe n’umukuru w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda , KAVARUGANDA Julien Gustave, yasabye Komisiyo Ishinzwe Imyitwarire mu Rugaga rw’Abavoka gusuzuma ibirego byaturutse mu Bugenzuzi bw’Inkiko tariki ya 16/12/2020, ku magambo Avoka MHAYIMANA yakoresheje ubwo yasubizaga Umwanditsi NKUNDIMPAYE Ismael w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge nyuma yo kumuhana mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Ibaruwa yanditswe n’umukuru w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda , KAVARUGANDA Julien Gustave
Itegeko riteganya ko Umwanditsi w’Urukiko we ubwe adashobora gufata icyemezo gihana avoka ahubwo ashobora gusaba Perezida w’Urukiko guhanisha ihazabu Avoka utinza urubanza ku bushake; ibi rero bigaragaza ko uwo mwanditsi yahannye Avoka MHAYIMANA arengereye cyane ububasha bwe. Uretse ibyo kandi uwo mwanditsi yongereyeho gusebya MHAYIMANA muri email yandikiye inzego zatandukanye akamuha kopi, aho yavugaga ko MHAYIMANA akoresha amacenga agamije gutinza urubanza nyamara MHAYIMANA we akavuga ko nta na hamwe yatindije urubanza ndetse ko atigeze ahamagazwa ngo yisobanure kuri ibyo byo gutinza urubanza.
Urwo rubanza ni urubanza Avoka MHAYIMANA yarafite we na mugenzi we Me ABIJURU Emmanuel baburaniragamo umukiriya wabo, bikavugwa ko ubwo bari mu nama ntegura rubanza umwanditsi mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, NKUNDIMPAYE Ismael, yaje gufatira igihano gica Avoka MHAYIMANA amande y’ibihumbi Magana abiri (200.000 Frw) amushinja kubwo kutaboneka mu nama ntegurarubanza y’urubanza kandi ariwe ahujwe n’ikirego muri system y’inkiko (IECMS), nyamara MHAYIMANA nubwo yarahuje n’urubanza muri system yari yohereje avoka ABIJURU bakorana ngo yitabire iyo nama ntegurarubanza, ndetse n’abavoka b’undi muburanyi bemeraga ko Me ABIJURU yitabira inama ntegura rubanza n’ubwo adahuje na system.

Uko kutitabira inama ntegurarubanza rero kwa Avoka MHAYIMANA kandi yohereje undi avoka bakorana nibyo uwo mwanditsi yahereyeho aca Avoka MHAYIMANA amande y’ibihumbi Magana abiri (200.000 Frw) ndetse amumenyesha atemerewe kugira aho aburanira mURukiko urwarirwo rwose mu Rwanda mu gihe atari yayishyura ayo mande. Aha Avoka MHAYIMANA yibaza uburyo kuba uru rubanza ruhujwe nawe muri system ariko mu nama ntegurarubanza hakaba haritabye ABIJURU, byatindije urubanza, mu gihe imikoranire isanzwe muri Law Firm idafite icyo irebaho Urukiko cyangwa Umwanditsi warwo.
Uwo mwanditsi w’urukiko amaze gufata icyo cyemezo yakimenyesheje MHAYIMANA abinyujije muri system y’inkiko, arongera acyoherereza MHAYIMANA kuri email ye bwite ndetse aza no kongera kukimwoherereza bwa gatatu muri email yandikiye inzego zinyuranye, akamuhamo kopi. MHAYIMANA avuga ko kuba icyo cyemezo kinyuranye n’amategeko cyaramumenyeshejwe incuro ebyiri ndetse ku ncuro ya gatatu kikanamenyeshwa inzego zitandukanye ari ukumusebya kuko cyari cyuzuyemo amagambo asesereza aho umwanditsi yavuze ko akoresha amacenga mu gutinza urubanza.


Ibaruwa ya Avoka MHAYIMANA
Mu zindi nyandiko dufitiye kopi , zigaragara ko hari ubutumwa bwagiye bwandikwa kuri za E-mail hagati ya Avoka MHAYIMANA ziza no kohererezwa abakuriye Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda bwanditswe n’umugenzuzi w’inkiko asaba urugaga kwita ku myitwarire ya Avoka MHAYIMANA nk’umuntu ufite uburambe mu mwuga bitewe n’uburyo yagaragajemo ko atanyuzwe n’icyemezo cy’umwanditsi w’URukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge. Binavugwa ko MHAYIMANA yibajije uburyo umwanditsi w’Urukiko yaba ahabwa akazi atabasha gusoma itegeko ngo arisesengure maze abone gufata icyemezo nkicyo yafashe mu gihe atabifitiye ububasha.
Nkuko bigaragara mu nyandiko bwiza.com ifitiye kopi (copy) iri mu izina rya Zenith Law Firm, Ntibyaciriye aho kuko nyuma yuko Avoka MHAYIMANA abonye ibaruwa imuca amande, tariki ya 14/12/2020, yandikiye Perezida w’Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ibaruwa yo gutakamba ngo akurirweho ibihano n’amande yahawe n’Umwanditsi w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge agaragaza ko yabifashe ntabubasha abifitiye “yaratinyutse kurengera inshingano ze, akiha inshingano z’inteko iburanisha,”
Mu cyemezo cyo kuwa 17/12/2020 cyafashwe na Perezida w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge wari watakambiwe ngo akureho icyemezo cyari cyafatiwe MHAYIMANA n’Umwanditsi w’Urukiko, bwiza.com nayo ifitiye kopi (Copy) , yanzuye ko ko icyemezo kinyuranije n’amategeko ndetse gikuweho, nkuko mubibona hasi muri izo nyandiko.
Amabaruwa atandukanye yanditswe





2 Responses
(1) Missed Video Call from Shriya
Shriya sent you a friend request.
click here to accept it and video call her. She is online.
https://sexlovers.club/chat/HornyShriya/
(1) Missed Video Call from Shriya
Shriya sent you a friend request.
click here to accept it and video call her. She is online.
https://sexlovers.club/chat/HornyShriya/