Ntabwo tubyina intsinzi kuko tuzi umwanzi duhanganye_Perezida Nyusi ku byihebe muri Cabo Delgado

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi avuga ko urugamba ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iz’igihugu ayoboye (FADM) zihanganyemo n’ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado rutararangira ku buryo babyina intsinzi.

Mu kiganiro uyu Mukuru w’Igihugu yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 25 Nzeri 2021 ari kumwe na mugenzi we, Paul Kagame, yavuze ko ingabo z’igihugu cye n’iz’u Rwanda ziri kugana ku ntsinzi, ariko zitaragera ku ntsinzi.

Yagize ati: “Ntabwo turimo kubyina intsinzi kubera ko tuzi umwanzi duhanganye. Turi gusatira umwanzi intambwe ku yindi, tunakemura ibibazo bitureba. Yego turi ku kugana ku ntsinzi ariko ntabwo turi kuririmba cyangwa ngo tubyine intsinzi.”

Ibikorwa bya RDF na FADM byo kurwanya ibi byihebe byatangiye mu ntangiriro za Nyakanga 2021. Izi ngabo zimaze kubohora ahantu h’ingenzi harimo: umujyi wa Mocimboa da Praia, akarere ka Palma na Mbau.

Perezida Nyusi avuga ko nyuma yo kwirukana ibi byihebe aho byari byarafashe, hakenewe isubukurwa ry’imishinga ikomeye yakoreraga muri iyi ndara irimo iyatunganyaga gazi n’ibikomoka kuri peteroli.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Ntabwo tubyina intsinzi kuko tuzi umwanzi duhanganye_Perezida Nyusi ku byihebe muri Cabo Delgado
    Ngo uwanga kwibwa arindisha umujura! Bivuze iki? Ariko se kandi: intagondwa z’abanyarwanda Perezida Kagame yavuze basanze muri Mozambique zagezeyo gute? Hakomeje kuvugwa byinshi ariko ntawe turamenya ukuri kwe, uretse Museveni waduhishuriye ko ikibazo gishamikiye kuri Kongo. Hmmm

  2. Ntabwo tubyina intsinzi kuko tuzi umwanzi duhanganye_Perezida Nyusi ku byihebe muri Cabo Delgado
    Ngo uwanga kwibwa arindisha umujura! Bivuze iki? Ariko se kandi: intagondwa z’abanyarwanda Perezida Kagame yavuze basanze muri Mozambique zagezeyo gute? Hakomeje kuvugwa byinshi ariko ntawe turamenya ukuri kwe, uretse Museveni waduhishuriye ko ikibazo gishamikiye kuri Kongo. Hmmm

  3. Ntabwo tubyina intsinzi kuko tuzi umwanzi duhanganye_Perezida Nyusi ku byihebe muri Cabo Delgado
    Tuno tugabo twa Alshababu twakubise ingabo za Mozambiki zikiruka zigata ibifaru n’indege, buriya ku a harishemwo nka 150 hagafatwa imbunda nka 60 , ubwo twavuga ko batsinzwe

  4. Ntabwo tubyina intsinzi kuko tuzi umwanzi duhanganye_Perezida Nyusi ku byihebe muri Cabo Delgado
    Tuno tugabo twa Alshababu twakubise ingabo za Mozambiki zikiruka zigata ibifaru n’indege, buriya ku a harishemwo nka 150 hagafatwa imbunda nka 60 , ubwo twavuga ko batsinzwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *