Impunzi z’Abarundi zirimo izishinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza tariki ya 13 Gicurasi 2015, zirasaba Umuryango w’Abibumbye (UN) kuzishakira ibihugu byo kubamo, kuko ngo ntiziteganya gusubira mu Burundi.
Nk’uko bigaragara mu ibaruwa yo kuri uyu wa 28 Nzeri 2021 entre mu mpunzi ziba mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe mu Rwanda zandikiye Umunyamabanga Mukuru wa UN, ukutifuza gutaha ngo guterwa n’uko ibibazo zahunze bigihari.
Ibibazo zivuga bigihari birimo: ubwicanyi bushingiye ku bibazo bya politiki, bati: “abantu bicwa bunyamaswa izuba riva, abahagarariye ONU barebera nk’abareba umukino wa football…” no gucura bufuni na buhoro abatavuga rumwe n’ubutegetsi aho bari hose, cyane cyane mu gihugu hifashishijwe urubyiruko rw’Imbonerakure. Ibi byose ngo bikorwa n’ubutegetsi bw’ishyaka CNDD-FDD.
Iyi baruwa ivuga ko ariko atari impunzi z’Abarundi zose zifitanye ikibazo n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD. Igira iti: “Nyakubahwa Munyambanga Mukuru n’ubwo turi mu buhungiro, ntabwo twese duhuje ibibazo. Ni nacyo gituma mwumva hari abahunguka, abandi bagahitamo kuguma mu buhungiro.”
Ivuga ko hari ibice bitatu by’impunzi z’Abarundi bidashobora guhunguka. Birimo: ikigizwe n’abatangajwe bashinjwa kugira uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Nkurunziza, iry’abahunze u Burundi kuva mu 1993 bitewe n’ubwicanyi bwabayeyo hamwe n’iry’abari abakozi ba Leta bakuwe mu nshingano bazira kudakorana na CNDD-FDD.
Impunzi ziri muri ibi bice zirasaba UN kuzishakira ibihugu byo kubamo, cyangwa se ngo ikazifasha kubohora u Burundi. Bigaragara muri iyi baruwa mu gika kigira kiti: “Mu izina ryacu n’irya bagenzi bacu b’impunzi dusangiye ibibazo cyane cyane abari Tanzania, RDC, Kenya, Uganda hamwe na Malawi…mudufashe tubone aho kwerekeza cyangwa mudufashe kubohoza igihugu cy’u Burundi bukurwa mu maboko y’ubutegetsi karyanishamiryango bwa CNDD-FDD idakora ikindi atari ukwica, gusahura, gutoteza no kwangaza abatavuga rumwe nayo bose.”
Izi mpunzi zivuga ko abashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza babeshyerwa, ngo ahubwo byakozwe n’abayobora ishyaka riri ku butegetsi, “kugira ngo babone aho bahera bica, batoteza banasahura abo batavuga rumwe na bo bose.”
Leta y’u Burundi yashyize ahagaragara urutonde rw’abantu 34 ishinja kugerageza guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza, barangajwe imbere na Gen. Maj. Godefroid Niyombare uri mu bashakishwa cyane.
Iyi Leta yanasabye ibihugu ivuga ko yizera ko bibacumbikiye, cyane cyane u Rwanda kubohereza bagakurikiranwa n’ubutabera ariko byamenyekanye ko bamaze gukatirwa igifungo cya burundu bataroherezwa.



4 Responses
Bamwe mu Barundi bashinjwa kugerageza guhirika Nkurunziza barasaba ibihugu byo kubamo
Abakora coup d’etat ntabwo ari impunzi zigomba kwitabwaho yuko bamennye amaraso. Nta statut bagombye kugira.
Bamwe mu Barundi bashinjwa kugerageza guhirika Nkurunziza barasaba ibihugu byo kubamo
Abakora coup d’etat ntabwo ari impunzi zigomba kwitabwaho yuko bamennye amaraso. Nta statut bagombye kugira.
Bamwe mu Barundi bashinjwa kugerageza guhirika Nkurunziza barasaba ibihugu byo kubamo
Nibatahe muburundi nimpore kandi ntaco bazobagira vyaraheze.
Bamwe mu Barundi bashinjwa kugerageza guhirika Nkurunziza barasaba ibihugu byo kubamo
Nibatahe muburundi nimpore kandi ntaco bazobagira vyaraheze.