Abantu 20 barishwe naho amazu agera ku 100 aratwikwa kuri uyu wa Gatatu ushize mu gitero cyagabwe n’umutwe wa Nyatura mu gace ka Bwalanda muri Teritwari ya Rutshuru.
Abarwanyi b’umutwe wa Nyatura bo mu bwoko bw’Abahutu, bari bitwaje intwaro zirimo imbunda n’intwaro gakondo, bateye agace ka Bwalanda, maze ingabo za leta zigerageza kubasubiza inyuma ariko barananirwa kubera ko bari benshi cyane nk’uko ababibonye babitangaje.
Izi nyeshyamba biravugwa ko zishe abaturage nta kubababarira nk’uko byemejwe n’umuyobozi mu ntara ukorera muri sheferi ya Bwito. Amakuru akaba avuga ko abantu 13 bishwe mu gihe andi avuga ko hishwe abantu 20 bicishijwe amasasu n’imihoro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Amakuru yose ariko nk’uko tubikesha Radio Okapi, ahuriza ku kuba haranatwitswe amazu agera ku 100 y’abaturage bo mu bwoko bw’Abanande mu gace ka Makimbiliyo. Nyuma yo gukora amahano, izo nyeshyamba zahungiye ahitwa Nyanzale, mu Birometero nka 5 uvuye Bwalanda.
Iki gitero kandi ngo cyabaye nyuma y’aho kuwa gatatu n’ubundi igisirikare cyari cyavumbuye imirambo 3 y’abaturage aha muri Bwalanda. Aba bantu 3 bivugwa ko ari abo mu bwoko bw’Abahutu nabo bakaba bari bicishijwe imipanga, bigakekwa ko igitero cyakurikiye cyari kigamije kwihorera.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


