Komanda w’ingabo za Mozambique avuga ko urugamba rwo kurwanya ibyihebe rushobora kuzamara n’imyaka itatu

Sangiza iyi nkuru

Umugaba Mukuru w’ingabo za Mozambique, Maj. Gen. Cristóvão Chume avuga ko byashoboka ko urugamba rwo kurwanya intagondwa z’umutwe witwaje w’iterabwoba wegamiye kuri Islamic State rushobora kumara igihe kigera no ku myaka itatu.

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, nyuma y’inama we n’abandi basirikare bakuru bagiranye n’ab’u Rwanda hamwe n’ab’umuryango SADC bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cye.

Yasobanuye ko izi ngabo zose zimaze gutera intambwe igaragara mu kurwanya izi ntagondwa, aho zasenye ibirindiro byazo bizwi hafi 100%. Gusa yavuze ko hari aho bikigoranye, aho muri bimwe mu biturage humvikana amatsinda yazo mato mato agaba ibitero, agatwika inzu zabo, akanabica.

Ati: “Rero mu gihe iki kibazo gihari, ntabwo twavuga ko umwanzi atagihari. Gusa uko ikibazo cyari kimeze mu mpera za Kamena ubwo yashoboraga kugaba ibitero ku ngabo zacu, ku biturage zikabyigarurira, gutandukanye n’ubu.”

Gen. Chume yavuze ko uru rugamba “rushobora kumara umwaka umwe, ibiri cyangwa itatu”. Ati: “Icyo dushaka ni ukwirukana umwanzi burundu. Rubaye rutwaye icyumweru kimwe, twanyurwa. Ariko icyo dugiye gukora ni ukugira ngo umubabaro w’abaturage utamara igihe.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *