Nkurunziza ku rutonde rw’Abaperezida 8 ba Afurika bavuzweho cyane muri 2016

Sangiza iyi nkuru

Nk’uko bisanzwe bikorwa n’ikinyamakuru jeunafrique, buri mwaka gikora urutonde rw’abakuru b’ibihugu, abatavuga rumwe na leta zitandukanye, abakinnyi, abanyamideri, abavugizi b’imiryango yitwa ku burenganzira bwa muntu n’abandi baba baramamaye cyane mu bitangazamakuru kubera ibikorwa runaka baba barakoze, uyu mwaka cyashyize ahagaragara urutonde narwo ruriho abantu nk’abo bagarutsweho cyane muri uyu mwaka dusoza wa 2016.
1. Pierre Nkurunziza-Burundi
nkurunziza
Umukuru wa leta y’u Burundi Pierre Nkurunziza ni umwe mu Baperezida bavuzwe cyane muri uyu mwaka dusoza wa 2016, aho yagiye agarukwaho cyane mu bitangazamakuru bitandukanye kubera ikibazo cy’umutekano mucye cyavutse mu gihugu ayobora kuva ubwo yiyamamarizaga kuyobora indi manda abatavuga rumwe nawe batabishyigikiye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu bandi bakuru b’ibihugu bagaragara kuri uru rutonde harimo
2. Ali Bongo na mugenzi we Jean Ping

PARIS: Gabon's President Ali Bongo official visit
President Ali Bongo

jean-ping
Aba bayobozi 2 bamenyekanye cyane mu matora yo muri Nzeri uyu mwaka, yaranzwe n’imvururu ndetse no gushinjwa kwiba amajwi ku ruhande rumwe aho haje no kwitabazwa inkiko.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Jean Ping wari uhanganye na Bongo we yasabaga ko amatora yasubirwamo ariko undi nawe akamubera ibamba kugeza arahiye. Aya makimbirane mu gihugu cya Gabon nayo ni amwe mu makimbirane yateje imvururu zahitanye abatari bacye kubera kutavuga rumwe kw’ishyaka riri ku butegetsi n’abarirwanyaga.
3.Yahya Jameh-Gambie
yahya-jammeh
Uyu muperezida w’igihugu cya Gambia nawe ni umwe mu baperezida bavuzweho cyane muri uyu mwaka, aho kugeza na nubu ataremera ibyavuye mu matora.
Jameh yabanje kwemera ko yatsinzwe mu matora yari yahanganyemo na Adama Barrow, nyuma akaza kwisubiraho mu buryo bwatunguye benshi agasubira kuvuga ko atemera ibyavuye mu matora.
Kugeza ubu ruracyageretse hagati y’aba baperezida 2, aho anavuga ko atazemera kumuhereza ubuyobozi ariko inkiko nazo zikaba ziri gukora akazi kazoo.
4. Mohammed VI-Maroc
mohamed
Umwami Mohammed VI nawe aza kuri uru rutonde ariko we akaba avugwaho ibitandukanye n’ibyo bagenzi be babanje bavugwaho byo guteza imvururu.
Uyu muyobozi yaje kuri uru rutonde kubera yagarutsweho cyane mu bitangazamakuru mu ngendo hirya no hino mu bindi bihugu no gusinya amasezerano ajyanye n’ibikorwa by’iterambere.
Uyu mwami kandi yamenyekanye nk’uwakiriye abantu benshi n’inama nyinshi mu gihugu cye cyane cyane inama yamenyekanye ijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.
5. F.-A. Touadéra-Centrafrique
touadera
Uyu muyobozi nawe yamenyekaniye cyane mu bikorwa by’amatora aho anavugwaho kuba ayobora iki gihugu ataratsinze ahubwo ko yanze kurekura ubutegetsi kubera amatora yatsinze muri 2013 ahiritse ku butegetsi Michel Djotodja.
Uyu muyobozi yanavuzweho byinshi ahanini ku guhangana n’ibibazo by’umutekano mucye biri muri iki gihugu byabaye nk’indwara idakira kuva mu myaka yashize.
6. Idriss Déby Itno-Tchad
idriss-deby
Uyu muperezida nawe yamenyekanye cyane muri uyu mwaka kubera ingendo zitandukanye yagiye akorera mu bindi bihugu bitandukanye hirya no hino ku mugabane zigamije iterambere n’ubufatanye mu mutekano.
Idriss Déby Itno avugwaho gukora ingendo zisaga 37 kuri uyu mwaka wa 2016 gusa.
7. Patrice Talon-Benin
talon
Uyu mukuru w’igihugu nawe yagarutsweho cyane mu bitangazmakuru hirya no hino ku mugabane kubera ibikorwa amaze kugaragaza mu mezi 9 gusa kuva atorewe kuyobora iki gihugu.
Uyu muperezida yatsinze amatora ku nshuroya kabiri atsindira ku majwi 65% naho mugenzi we Lionel Zinsou atsindira ku majwi 35. Ikindi cyanatumye uyu muperezida atsinda ni ukuba yariyamamaje ari umukandida wigenga akaba yaratsinze uwo bari bahanganye nk’ibintu bitari bikunze kubaho muri kiriya gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uretse aba baperezida bagarutsweho kuri uru rutonde, hari n’abandi bantu bakomeye barimo Abaminisiri, abakinnyi, abagore b’Abaperezida n’abandi banyepolitiki bagiye bagarukwaho nk’uko bigaragara ku rutonde.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *