Perezida Touadéra wa CAR yahagaritse intambara ku nyeshyamba zimurwanya

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Centrafrika, Faustin-Archange Touadéra ku wa 15 Ukwakira 2021 yatangaje ku mugaragaro ko ahagaritse intambara ku mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwe.

Uyu Mukuru w’Igihugu mu ijambo yatangarije kuri televiziyo, yasobanuye ko yafashe iki cyemezo kigamije guha umwanya ibiganiro by’amahoro hagati ya Leta n’iyi mitwe yitwaje intwaro iyirwanya.

Ibi biganiro nabyo abyitezeho gushyira iherezo ku bikorwa by’iterabwoba byibasira abaturage birimo kugabwaho ibitero n’ihohoterwa, hamwe no guha umwanya ibikorwa by’ubutabazi.

Yagize ati: “Mu rwego rwo guha umwanya amahoro, ndi hano ngo mbatangarize muri uyu mugoroba ko nshyize iherezo ibikorwa bya gisirikare mu gihugu cyose.”

Iki cyemezo cyakiriwe neza n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi, CPC. Umuvugizi waryo yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko biteguye kujya mu biganiro by’amahoro mu gihe Perezida Touadéra yaba ahagaze ku ijambo.

Uyu Muvugizi, Abakar Sabone yatangaje ati: “Guhagarika intambara ni byiza ariko tugiye kureba uko bigiye gushyirwa mu bikorwa.”

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres mu itangazo ryasohowe n’Umuvugizi we, Stéphane Dujarric ku wa 15 Ukwakira nawe yashimiye Perezida Touadéra wafashe iki cyemezo, asaba impande zombi kucyubahiriza.

Repubulika ya Centrafrika yibasiwe n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro kuva mu 2013 ubwo uwari Perezida wayo, François Bozizé yakurwaga ku butegetsi. Umutekano muke uharangwa watumye Leta yitabaza ingabo z’Umuryango w’Abibumbye n’izihariye z’ibindi bihugu yagiranye nabyo amasezerano ngo ziyifashe kurinda abaturage.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Perezida Touadéra wa CAR yahagaritse intambara ku nyeshyamba zimurwanya
    Ingabo zamahanga nizitahe rero , hahahhahahah

  2. Perezida Touadéra wa CAR yahagaritse intambara ku nyeshyamba zimurwanya
    Ingabo zamahanga nizitahe rero , hahahhahahah

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *