Nyuma y’u Burundi ibihugu 2 nibyo bisigaye bitaremera gukoresha urukingo rwa Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’aho igihugu cy’u Burundi cyari kimwe mu bihugu bitatu bisigaye bitaremera gukoresha urukingo covid-19 gitangiye kuruhera abaturage bacyo, ubu bihugu bisigaye ku Isi bitaremera kurukoresha ni bibiri byonyine ku Isi.

Kuri uyu wa Mbere nibwo u Burundi bwatangije igikorwa cyo gukingira abaturage babwo nyuma y’aho kuwa Kane ushize bwakiriye inkingo 500,000 zakozwe n’uruganda rwa Sinopharm rwo mu Bushinwa.

Igikorwa cyo gukingira cyatangiriye mu Mujyi wa Bujumbura, nubwo abakora mu nzego z’ubuzima babwiye Associated Press ko abantu mirongo ari bo bari bakiriye urukingo kugeza nyuma ya saa sita. Mu baruhawe harimo na minisitiri w’ubuzima n’uw’umutekano.

Ibihugu bya Koreya ya Ruguru na Eritrea nibyo bisigaye ku Isi bitaraha abaturage babyo inkingo za covid-19 nk’uko byemezwa n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS.

Iki gihugu cya Koreya nta nubwo gishyira ahagaragara imibare y’abantu baba baranduye iki cyorezo cyangwa abo cyahitanye.

Guverinoma y’u Burundi kubwa Perezida Nkurunziza yakunze kunengwa gufata ikibazo cy’iki cyorezo nk’icyoroshye.

Abantu bibanzweho mu gutanga urukingo ni abakora mu rwego rw’ubuzima, abantu bageze mu zabukuru n’abafite indwara zidakira nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Thadee Ndikumana mu cyumweru gishize.

Gushidikanya kuri uru rukingo ariko kurakomeje mu Burundi nk’aho kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni yongeye gusubiramo ko guverinoma ifite inshingano zo kubwira abaturage ko urukingo rufite ingaruka nyinshi zitanazwi n’impuguke zarukoze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *