Indege yo muri Libya irimo abantu 118 yashimuswe n’abantu bitwaje za grenade

Sangiza iyi nkuru

Indege itwara abagenzi yo mu gihugu cya Libya yari irimo abantu 118 yashimuswe yerekezwa muri Malta n’abagabo babiri bavugaga ko bafite grenade bari buturitse ibyifuzo byabo ntibidashyirwa mu bikorwa.

Minisitiri w’Intebe wa Malta, Joseph Muscat yavuze ko abagenzi 109 bose bari bayirimo barekuwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, hasigara abandi babiri bikekwa ko ari bo bashimuse indege. Iyi ndege ikaba yari irimo n’bayikoramo barindwi.

Umwe muri ba rushimusi yabwiye abakozi bo mu ndege ya kompanyi ya Afriqiyah, ko yari ashyigikiye Kaddafi wahoze ayobora Libya akaba yarishwe mu 2011. Gusa, ntiharamenyekana icyo aba bifuzaga nk’uko iyi nkuru dukesha Al jazeera ivuga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umunyamakuru Tim Diacano wandikira Malta Today, yabwiye Al Jazeera ko abashimuse indege bari bafite grenade bagakangisha guturitsa indege.

Uyu munyamakuru yagize ati: “ Ntituzi ibyo basaba ariko imishyikirano irimo. Hari abantu bari gusohoka mu ndege ubu tuvugana, biragaragara nk’aho biri gukemurwa mu mahoro, ariko haracyari kare kugira icyo umuntu avuga .”

Iki kirwa cya Malta cyaherukaga gushimutirwaho inde mu 1985, ubwo Abanyapalestina bashimutaga indege ya Egyptair. Icyo gihe abakomando ba Misiri binjiye mu ndege ku ngufu bagiye kuyibohoza abantu batari bacye bahasiga ubuzima.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *