Umugore w’imyaka 38 ukekwaho kotsa abana be babiri b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka 12 n’icumi akoresheje ibuye rishyushye ryari kuri rondereza abaziza ko bamwibye amafaranga 5000 akurikiranwe n’Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye.
Mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2021 nibwo uyu mugore yakoze icyaha akurikiranweho mu Mudugudu wa Rugarama A, Akagari ka Runga, Umurenge wa Rwabicuma ho mu Karere ka Nyanza, mu rugo iwe .
Ukekwa ubwo yabazwaga yemeye ko umwe yamutwitse ku kaboko undi ku kaguru akoresheje ibuye rishyushye ryari kuri rondereza mu buryo bwo kubahana kubera ko ngo bari bamwibye amafaranga 5000 yari agiye kugura imbuto y’ibirayi kandi ko bahora bamwiba nk’uko Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga.
Icyaha cyo guha ibihano biremereye umwana akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igifungo kigera ku myaka 03 n’ihazabu y’ibihumbi 300.000, hashingiwe ku biteganywa n’ ingingo ya 28 y’Itegeko No 71/2018 ryo ku wa 31/08/2018 ryerekeye kurengera umwana.


