Abarwanya iyangizwa ry’ibidukikije kuri uyu wa Gatandatu bamaganye itabwa muri yombi ry’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu esheshatu zo muri Uganda bavuga ko iki ari igikorwa cyo gucecekesha abanenga umushinga w’ingufu utavugwaho rumwe w’igihangange mu bucukuzi bwa peteroli cyo mu Bufaransa, Total.
Ni nyuma y’aho kuwa gatanu ushize, izi mpirimbanyi zo mu ishyirahamwe AFIEGO, itsinda rikomeye mu kurengera ibidukikije mu gihugu, bafunzwe nta cyaha baregwa kuri sitasiyo ya polisi yo mu nkengero za Kampala, nk’uko uyu muryango wabitangaje.
Bagenzi babo bakorana bya hafi bo mu Bufaransa bibumbiye mu muryango utegamiye kuri leta witwa “Les Amis de la Terre”, basabye ko bahita barekurwa bashimangira ko itabwa muri yombi ryabo rigaragaza neza itotezwa rikorerwa abarwanya umushinga wo gucukura peteroli urimo akayabo k’amamiliyari y’amadolari wa Total muri Uganda.
Uyu muryango utegamiye kuri Leta wo mu Bufaransa wagize ati: “Mu mezi menshi, AFIEGO yibasiwe n’igitutu gikomeje kwiyongera n’iterabwoba biturutse ku bayobozi ba Uganda, bashaka kuyibuza gukomeza ibikorwa byayo byo kurwanya umushinga munini wa peteroli “.
RFI ivuga ko ari inshuro ya 15 mu minsi 15 abanenga uyu mushinga wa Total, bivugwa ko uzagira ingaruka zikomeye ku bidukikije, bibasirwa.
AFIEGO, kandi ni umwe mu miryango itegamiye kuri Leta 54 yahagaritswe n’abayobozi ba Uganda muri Kanama kubera ko bivugwa ko yarenze ku mategeko, abandi bavuga ko ari “ingamba zahujwe mu gucecekesha amajwi akomeye” avugira abaturage babangamiwe n’umushinga wa peteroli.


