Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan yateye intambwe ya mbere yo kwirukana mu gihugu cye ba ambasaderi b’ibihugu 10 byo mu burengerazuba bw’Isi birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Budage, Canada, Denmark, Finland, u Bufaransa, u Buholandi, New Zealand, Norvege na Sweden bazira gusaba ifungurwa ry’umunyemari Osman Kavala unayobora sosiyete sivile yo muri iki gihugu.
Barindwi muri aba ba ambasaderi bahagarariye ibihugu 7 bihuriye na `turkiya mu muryango wa OTAN, iyirukanwa ryabo rikaba rishobora gushyira icyuho gikomeye mu mubano w’ibihugu by’ibihange mu burengerazuba n’ubutegetsi bwa Erdogan bumaze imyaka 19.
“Nategetse minisitiri w’ububanyi n’amahanga wacu gutangaza ko aba ba ambasaderi 10 batagikenewe (persona non grata) mu gihugu byihuse bishoboka,” ibi byatangajwe na Perezida Erdogan kuri uyu wa Gatandatu akoresheje imvugo ikoreshwa muri dipolomasi igaragaza intambwe ya mbere yo kwirukana. ntiyigeze atangaza itariki ntarengwa.
Nk’uko inkuru dukesha Al Jazeera ivuga, Osman Kavala ari muri gereza kuva mu 2017, aho yashinjwe gutera inkunga imyigaragambyo yabaye mu gihugu hose mu 2013 no kugira uruhare mu mugambi wo gushaka guhirika Perezida Erdogan mu 2016. Ahakana ibyo byaha byose.
Perezida Erdogan yakomeje agira ati ” Bagomba kumenya no kumva Turkiya. Bagomba kuva hano umunsi batakizi Turkiya”
Kuwa Mbere ushize, nibwo aba ba ambasaderi basohoye itangazo rihuriweho bavuga ko gukomeza gufunga impirimbanyi Osman Kavala yavukiye i Paris bikomeje gushyira igicucu kuri Turkiya.’
Ibi bihugu bikaba byarasabye ko hafatwa umwanzuro wihuse kandi utabogamye kuri dosiye ya Kavala.


