Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo araza mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Afurika y’Epfo, Dr Naledi Pandor araza i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa 25 Ukwakira 2021.

Ibiro bya Afurika y’Epfo bishinzwe ububanyi n’amahanga, DIRCO, bivuga ko Dr Pandor araba aje kwitabira inama ya kabiri ihuza abaminisitiri b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) n’uw’ubumwe bw’Uburayi, EU.

Iyi nama iraba kuva kuri uyu wa 25 kugeza ejo ku wa 26 Ukwakira 2021, abayitabira barebere hamwe ibirebana n’ubufatanye mu iterambere ry’ibihugu bigize AU na EU, banategura indi nama izaba mu 2022.

Byitezwe ko Dr Pandor yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, bakaganira ku bufatanye bw’ibihugu byabo. Bombi baheruka guhurira muri Afurika y’Epfo muri Nyakanga 2021.

Uruzinduko rwa Dr Biruta muri Afurika y’Epfo rwari rugamije kubyutsa umubano hagati y’ibihugu byombi utarabaye mwiza kuva mu myaka 7 ishize.

U Rwanda rwakunze gushinja iki gihugu kiri mu majyepfo y’umugabane gucumbikira abagambirira guhungabanya umutekano warwo barimo Kayumba Nyamwasa, iba intandaro y’umubano mubi hagati y’impande zombi.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo araza mu Rwanda
    Iyi nyandiko iteye kwibaza ku bunyamwuga bwa bamwe mu banditsi b’igihugu cyacu. Iyo ukuri kutabogamiye inyungu za bamwe, ntibagusjyira ahagaragara! Ubihakana atubwire ukuntu ikibazo kiri hagati y’ibihugu byombi kitavugwa ahubwo hakavugwa utubazo duto dushamikiye kuri icyo kibazo kizwi: abakoreye ubwicanyi muri Afurika y’Epfo bagomba gukurikiranywa. None se Kilirisi ntakingirwa ikibana na Leta? Twimakaze ukuri.

  2. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo araza mu Rwanda
    Iyi nyandiko iteye kwibaza ku bunyamwuga bwa bamwe mu banditsi b’igihugu cyacu. Iyo ukuri kutabogamiye inyungu za bamwe, ntibagusjyira ahagaragara! Ubihakana atubwire ukuntu ikibazo kiri hagati y’ibihugu byombi kitavugwa ahubwo hakavugwa utubazo duto dushamikiye kuri icyo kibazo kizwi: abakoreye ubwicanyi muri Afurika y’Epfo bagomba gukurikiranywa. None se Kilirisi ntakingirwa ikibana na Leta? Twimakaze ukuri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *