Ingabo za TPLF ziharanira ukwishyura ukizana kw’Intara ya Tigray mu majyaruguru ya Ethiopia ziravuga ko kuri iki Cyumweru gishize zafashe undi mujyi w’ingenzi nyuma y’ifatwa ry’Umujyi wa Dessie.
Abarwanyi b’uyu mutwe bivugwa ko bafashe Umujyi wa Kombolcha n’ikibuga cy’indege cyawo nk’uko byatangajwe n’umuvugizi, Getachew Reda.
Ifatwa rya Kombolcha kimwe na Dessie ngo n’ingenzi cyane ku nyeshyamba za TPLF mu kurwanya ingabo za guverinoma zigerageza kuzikura mu birindiro mu bice bitandukanye zafashe muri Amhara.
Uyu mujyi munini wafashwe uri mu birometero 380 uvuye mu Murwa Mukuru, Addis Abeba kandi niho hantu kure ugana mu majyepfo ya Amhara TPLF igeze kuva yagerageza kwigarurira aka karere muri Nyakanga. Biravugwa ko TPLF ikomeje gusatira umurwa mukuru wa Ethiopia.
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yasabye abaturage kujya mu rugamba rwo kurwanya TPLF nyuma y’aho itangarije ko yafashe Kombolcha, umujyi uri ku muhanda mukuru uhuza umurwa mukuru n’Icyambu cya Djibouti.
Abinyujije kuri facebook yagize ati “ Abaturage bacu bagomba gutera intambwe n’intwaro iyo ari yo yose n’ubushobozi bafite mu kurinda, gusubiza inyuma no gushyingura abaterabwoba ba TPLF,”
Ibi biravugwa nyuma y’aho kuri iki Cyumweru TPLF yari yatangaje ko yafashe Umujyi wa Dessie kuwa Gatandatu ushize ariko Guverinoma ya Ethiopia irabihakana ibyita poropaganda.
Umuvugizi wa TPLF, Getachew Reda ariko yanavuze ko bafashe abasirikare benshi ba Ethiopia muri iyo mirwano.
N’ubu, Guverinoma irahakana ko Kombolcha yafashwe ikavuga ko ingabo zayo zikirwanira kuyigenzura kimwe na Dessie.


