Guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 1 Ugushyingo, abadepite, abakozi n’abasura inteko ishinga amategeko bikingije Covid-19 nibo bemerewe kuyinjiramo gusa nk’uko byatangajwe na Guverinoma ya Uganda.
Mu itangazo rigenewe abadepite bose n’abakozi b’inteko ryasohowe na Waiswa Henry Yoweri mu izina ry’umwanditsi mukuru w’inteko, Adolf Mwesigye, abadepite n’abakozi bamenyeshejwe ko aya mabwiriza yatanzwe na visi perezida w’inteko, Anita Among.
Itangazo rigira riti “ Ba nyakubahwa badepite n’abakozi, mu rwego rw’amabwiriza ya Nyakubahwa Visi Perezida w’Inteko, muramenyeshwa ko kuva kuri uyu wa Mbere, itariki 1 Ugushyingo 2021, kwinjira mu nyubako z’inteko bizaba byemerewe abantu bikingije Covid-19 bonyine,”
Itangazo kandi rivuga ko Inteko ishinga amategeko ari urwego rw’ingenzi mu kurwanya Covid-19, kubw’ibyo abayigize n’abakozi bakaba bagomba kubera urugero abandi mu gushyigikira gahunda z’ubuzima za leta.
Itangazo rikomeza rivuga ko iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubyemeranywaho n’umukuru w’igihugu, mu bushishozi bwe, kuwa Kane ushize, itariki 28 Ukwakira nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.
Mu ijambo yagejeje ku gihugu kuri uwo wa Kane, Perezida Museveni yatangaje ko ibikorwa by’ubukungu bizongera gufungurwa byuzuye muri Mutarama 2022. Ubwo hakazaba hashize amezi 22 kuva muri Werurwe 2020 Guverinoma ishyizeho amabwiriza ya guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Covid-19.
Ku ikubitiro Uganda yari yihaye intego y’uko izaba byibuze yakingiye abaturage bayo miliyoni 21 mbere y’uko guma mu rugo ikurwaho byuzuye, ariko Museveni yavuze ko mu Ukuboza 2021 bazaba bamaze gukingira miliyoni byibuze 12 muri 21.


