Burundi: Abasirikare bane bashinjwa kwica Depite Hafsa Mossi bagiye gutangira kuburanishwa

Sangiza iyi nkuru

Abantu bane bakurikiranweho kugira uruhare mu iyicwa rya nyakwigendera Depite Hafsa Mossi wari uhagarariye u Burundi mu Nteko ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), kuri uyu wa Kabiri baragezwa imbere y’urukiko Rukuru rwa Muramvya.

Nyakwigendera Hafsa Mossi yishwe arashwe n’abagabo babiri bari bitwaje imbunda bahise bacikira mu modoka kuwa 13 Nyakanga 2016 ubwo yavaga iwe muri Komini Gihosha yo mu murwa mukuru, Bujumbura, akaba ari we munyapolitiki wo ku rwego rwo hejuru wishwe kuva ibibazo by’i Burundi byatangira muri Mata 2015.

Abashinjwa kwica nyakwigendera uko ari bane, ni abasirikare mu ngabo z’u Burundi ari bo: Lt Eric Ndayishimiye, Claude Chandelle Mfuranzima, Jean Baptiste Ntirandekura na Ernest Sinzinkayo.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Usibye icyaha cyo kwica depite Hafsa Mossi bashinjwa nk’uko SOS Media dukesha iyi nkuru ivuga, umushinjacyaha anabashinja guhungabanya umutekano no gukorana n’imitwe y’abarwanyi.

Aba bashinjwa nabo bahakanye ibyaha bashinjwa ubwo bumvwaga n’abacamanza bwa mbere ubwo harebwaga niba bazakurikiranwa bafunze cyangwa bari hanze.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *