Ethiopia: Minisitiri w’Intebe avuga ko hari abanyamahanga bari gufasha TPLF

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko abarwanyi b’abanyamahanga barimo abazungu n’abirabura bafashije umutwe wa TPLF mu mirwano iherutse kubera mu mijyi ya Dessie na Kombolcha uyu mutwe uvuga ko iri mu maboko yawo.

Ibi Abiy Ahmed yabitangarije mu nama yagiranye n’abagize guverinoma, mu gihe hari amakuru avuga ko abarwanyi ba TPLF baba barishe abasivili bagera ku 100 muri Kombolcha, umujyi w’ingenzi bivugwa ko umaze iminsi itatu mu maboko ya TPLF.

Abiy Ahmed yari aherutse gusaba abaturage ba Ethiopia abinyujije kuri facebook, gufata intwaro bagahaguruka bagakoma imbere inyeshyamba za TPLF zikomeje imirwano zisatira umurwa mukuru Addis Abeba nyuma yo gukomeza kwigarurira imijyi yo mu Ntara ya Amhara.

Muri ubwo butumwa bwe bwo ku Cyumweru gishize nk’uko bitangazwa na BBC, Abiy Ahmed yavuze ko uko gutera imbere kw’inyeshyamba za TPLF biri gusunikira igihugu ku isenyuka.

Kuri uyu wa Mbere mu ijambo yagejeje ku bayobozi bakuru b’igihugu ryanyuze kuri televiziyo y’igihugu, agaruka ku ifatwa ry’imijyi ya Dessie na Kombolcha, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yagize ati “ Abarwanyi batari Abanya-Ethiopia bagize uruhare mu mirwano iherutse kubera mu nkengero z’iyo mijyi ibiri,”Ibi ariko TPLF yabiteye utwatsi.

Ntiyavuze ibihugu abo barwanyi bakomokamo, ariko yakomeje agira ati “Hari abazungu n’abirabura barwanye ku ruhande rwa TPLF [Tigray People’s Liberation Front] barapfa”.

Imijyi ya Dessie na Kombolcha iri mu birometero 300 ugana mu majyaruguru y’umurwa mukuru, Addis Abeba, uyu mujyi wa Kombolcha ndetse ifatwa ryawo rikaba ryafunze inzira yagaburiraga umurwa mukuru ituruka ku cyambu cya Djibuti.

Intambara hagati ya TPLF n’Igisirikare cya Ethiopia yatangiye ku itariki ya 04 Ugushyingo umwaka ushize wa 2020, ubwo Abiy Ahmed yahaga igisirikare amabwiriza yo kugaba igitero ku nyeshyamba za TPLF muri Tigray.

Yavuze ko yatanze aya mabwiriza nyuma y’aho izi nyeshyamba zigabiye igitero ku birindiro by’igisirikare cya Ethiopia byari muri iyi ntara zikica abasirikare b’igihugu.

Mu minsi ishize igisirikare cya leta cyagabye ibitero byinshi by’indege ku birindiro bya TPLF mu Mujyi wa Mekelle, umurwa mukuru w’Intara ya Tigray, nyuma yo kubona ibitero byo ku butaka bitarimo gutanga umusaruro, ariko ntibyabujije inyeshyamba kugenda zigarurira ibindi bice.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *