Sudani: Abaminisitiri 4 bafunzwe nyuma yo guhirika ubutegetsi bagiye kurekurwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Ingabo za Sudani, General Abdel Fattah al-Burhan yategetse ko abaminisitiri bane b’abasivili batawe muri yombi ubwo bigaruriraga ubutegetsi mu cyumweru gishize bafungurwa.

Kuri uyu wa Kane, Televiziyo ya Sudani yavuze ko abo baminisitiri bane ari: Hashem Hassab Alrasoul, minisitiri w’itumanaho; Ali Geddo, minisitiri w’ubucuruzi; Hamza Baloul, minisitiri w’itangazamakuru; na Youssef Adam, minisitiri w’urubyiruko na siporo. Abandi benshi bakomeje gufungwa.

Ibi byatangajwe mu gihe Umuryango w’Abibumbye uhuza ingufu mu gushaka inzira yo kuvana Sudani mu bibazo bya politiki byakurikiye ihirikwa ry’ubutegetsi ryo ku ya 25 Ukwakira aho abanyapolitiki bakomeye b’abasivili bafunzwe ndetse na Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok agafungirwa mu rugo.

Abigaragambyaga bashyigikiye demokarasi bakoze imyigaragambyo ikomeye yamagana ihirikwa ry’ubutegetsi, ryatesheje agaciro inzibacyuho y’igihugu yagombaga kuganisha ku butegetsi bwa gisivili nyuma y’ihirikwa rya Omar al Bashir muri Mata 2019.

Aljazeera ivuga ko Intumwa Idasanzwe y’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani yavuze ko ibiganiro byageze ku masezerano ashobora gusubizaho gusaranganya ubutegetsi, harimo no gusubiraho kwa Hamdok, ariko akongeraho ko bigomba kumvikanwaho mu “minsi niba atari ibyumweru”.

Mu cyumweru gishize, Gen. al-Burhan yavuze ko ashaka gushyiraho guverinoma nshya, kandi ko Hamdok ashobora kugaruka kuyiyobora. Ku wa Gatatu ariko, ibiro bya Hamdok byahakanye amakuru avuga ko yemeye kuyobora guverinoma nshya kandi bishimangira ko yifuza ko imfungwa zirekurwa n’inzego z’ubuyobozi zahozeho zigasubizwaho mbere yo kwinjira mu biganiro ibyo ari byo byose.

Ku rundi ruhande abigaragambya kuri uyu wa Kane bari bakomeje imyigaragambyo bamagana imishyikirano iyo ari yo yose ahubwo basaba abasirikare kuva muri politiki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *