Burundi: Urubanza rw’abashinjwa kwica Hafsa Mossi rwigijwe inyuma

Sangiza iyi nkuru

Urubanza rw’abakekwaho kwica depite Hafsa Mossi wari uhagarariye u Burundi mu Nteko ishinga Amategeko ya EAC rwegejwe inyuma ukwezi nyuma y’aho aba bagejejwe imbere y’urukiko bagasanga nta bunganizi mu mategeko bafite.

Abagejejwe imbere y’urukiko rwa Komini Ntahangwa mu Ntara ya Muramvya bose hamwe ni batanu, hakaba harimo umunyeshuri mu ishuri rikuru rya gisirikare ISCAM ndetse n’uwahoze ari umuyobozi wa komini Muyinga, à‰velyne Izobiriza.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umwe mu bashinjwa kandi nk’uko SOS Media dukesha iyi nkuru, ngo ntiyujuje imyaka yo gukurikiranwaho ibyaha, bikaba bizaba ngombwa ko aburanishwa mu buryo bwihariye ukwe.

Nyakwigendera Hafsa Mossi yishwe arashwe n’abagabo babiri bari bitwaje imbunda bahise bacikira mu modoka kuwa 13 Nyakanga 2016 ubwo yavaga iwe muri Komini Gihosha yo mu murwa mukuru, Bujumbura, akaba ari we munyapolitiki wo ku rwego rwo hejuru wishwe kuva ibibazo by’i Burundi byatangira muri Mata 2015.
Kanda hano usome inkuru bisa
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *