Kigali: Umunyamategeko Ntabwoba Toy yarashwe arapfa

Sangiza iyi nkuru

Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Umunyamategeko Nzamwita Ntabwoba Toy yarashwe n’umupolisi arapfa ubwo yavogereye bariyeri iri hafi y’amasangano y’umuhanda wo kuri KBC.
Polisi itangaza kandi ko uyu mugabo yari yasinze, ko ubwo yari ageze muri Rond Point ya Kacyiru ahazwi nka KBC yahagaritswe akanga ndetse agashaka no kugonga umupolisi wageragezaga kumuhagarika.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umupolisi ngo akaba yaragerageje kurasa imodoka ashaka ko ahagarara ariko ku bw’amahirwe make isasu rifata Toy, arapfa.
Polisi y’u Rwanda ikaba itangaza ko yababajwe n’uru rupfu ndetse inihanganisha umuryango wa nyakwigendera.
Yaboneyeho kandi gusaba abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara bananyoye agatama, inabasaba kubahiriza amategeko y’umuhanda.
Ntabwoba Toy yarashwe atwaye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser, ahagana saa cyenda z’ijoro 3:00AM zo ku wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2016, nyuma y’urupfu rwe polisi ngo ubu ikaba irimo gukora iperereza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
new-picture
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *