( *isezerano rya kera* )
*ESE RYARARANGIYE?*
Iki ni ikibazo kigora abantu benshi cyane nyamara gifite igisubizo mu byanditswe byera.Ariko mbere yuko dusubiza iki kibazo, reka tubanze turebe niba iri sezerano ryarubahirijwe nkuko abantu bari barabyiyemereye.Soma ibi byanditswe byera wumve.
Ariko ab’inzu ya Isirayeli barangomeye bari mu butayu, ntibagendera mu mategeko yanjye kandi banze n’amateka yanjye, ari yo abeshaho uyakomeje, n’amasabato yanjye barayaziruye cyane. Ni ko kuvuga yuko nzabasukaho uburakari bwanjye bari mu butayu kugira ngo mbarimbure.Ezekiel 20:13.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mbese umuntu yakwima Imana ibyayo? Ariko mwebwe mwarabinyimye. Nyamara murabaza muti ‘Twakwimye iki?’ Mwanyimye imigabane ya kimwe mu icumi n’amaturo, muvumwa wa muvumo kuko ishyanga ryose uko mungana mwanyimye ibyanjye._* Malaki 3:8-9.kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikira ubwiza bw’Imana, _Abaroma 3:23.Mbese Mose ntiyabahaye amategeko? Ariko muri mwe nta wuyumvira.Murashakira iki kunyica?” Yohana 7:19 ..kandi ari mwe mwahawe amategeko n’abamarayika ntimwayitondera.” Ibyakozwe 7:53.
Nuko ni iki gitumye mugerageza Imana, mwikoreza abigishwa imitwaro ba sogokuruza batashoboye kwikorera, ndetse natwe ni uko? Ibyakozwe 15:10. Ibi byanditswe byose byerekanye neza ko isezerano abantu baryishe,ndetse bibazanira ya mivumo irikubiyemo mu gihe badakomeje iryo sezerano.
Kubw’ibyo Imana yashimye kugirana n’abantu bose isezerano ritameze nka rya rindi rya mbere.Aha rero ufungure amatwi y’umutima kugira ngo wumve icyo Imana ivugana nawe mu ijambo ryayo.Ntabwo Imana yari gutanga irindi sezeran,rya rindi rikururira abantu umuvumo rigihari.
Ibyanditswe bitubwira ko iryo sezerano rya mbere ritinonosoye maze Imana igatanga irindi.Iyo rya sezerano rya mbere ryinonosora, ntihajyaga kuba hakwiriye gushakwa irindi…13 Ubwo Uwiteka yavuze ati”Isezerano rishya”, ibyo bigaragaza yuko yashajishije irya mbere, kandi igishaje kikaba gikuru kiba cyenda gushira. Abaheb 8:7-13.
Ibyanditswe bikomeza bitubwira biti:.itegeko rya mbere ryakuweho kubw’intege nke zaryo.Nuko rero itegeko rya mbere ryakuweho ku bw’intege nke zaryo n’umumaro muke,kuko amategeko atagize icyo yatunganije rwose, ahubwo yari ibanze ry’ibyiringiro biyaruta biduhesha kwegera Imana. Abaheburayo 7:18-19. Bibliya yongera gusobanura neza aho isezerano rya kera rirangiriza umurimo wayo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kuko Kristo ariwe amategeko asohoraho kandi niwe uhesha uwizera wese gukiranuka_.Abaroma 10:4.Igihe Yesu yabambwaga ku musaraba, Yashyize iherezo ku itegeko ryose ryo mu Isezerano rya Kera,kugira ngo akore irindi sezerano ry’amaraso ye bwite.
Icyakora uko kwizera kutaraza twarindwaga tubohewe gutwarwa n’amategeko, dutegereje kwizera kwari kugiye guhishurwa. Ubwo ni bwo buryo amategeko yatubereye umushorera wo kutugeza kuri Kristo, ngo dutsindishirizwe no kwizera. Ariko kwizera kumaze kuza ntitwaba tugitwarwa na wa mushorera. Abagalatiya 3:23—25.
komeza ukurikire igice gikurikira……..
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ev.Rubanzabigwi John


