Ingabo za Uganda, UPDF zifatanyije n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, zatangiye kugaba ibitero no ku yindi mitwe yitwaje intwaro itari ADF.
Ibi byatangajwe n’umuhuzabikorwa w’ibikorwa by’izi ngabo z’ibihugu byombi, Gen. Maj. Camille Bombele kuri uyu wa 6 Mutarama 2022 ubwo yasabaga abatuye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri kubafasha kurwanya iyi mitwe.
Gen. Bombele yavuze ko amasezerano y’ubufatanye bw’izi ngabo mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu ntara zombi yashyizweho umukono n’abakuru b’ibihugu byombi, Perezida Yoweri Museveni na Félix Tshisekedi.
Ingabo z’ibihugu byombi zatangije ibitero kuri ADF ikomoka muri Uganda tariki ya 30 Ugushyingo 2021. Ubu zivuga ko zamaze gusenya uyu mutwe w’iterabwoba.


