Abanyarwanda barenga 100 bahungiye muri RDC batinya kwikingiza COVID-19

Sangiza iyi nkuru

Abanyarwanda babarirwa mu ijana kuva mu minsi mike ishize bahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko bahunga gahunda ya Leta yo gukingira icyorezo cya COVID-19.

Amakuru avuga ko aba Banyarwanda bahungiye ku kirwa cya Idjwi kiri mu kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Congo Kinshasa, aho inzego z’ubuyobozi za kiriya gihugu zikomeje kubabaza imyirondoro yabo n’impamvu yatumye bahahungira.

Umuyobozi wa Terirwari ya Idjwi, Karongo Kalaja, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko bamaze kwakira abantu 101.

Ati: “Tumaze kwandika abantu 101. Bari kuza ariko kugeza ubu ntituzi impamvu ya nyayo iri gutuma bahunga igihugu cyabo.”

Perezida w’icyubahiro w’abaturage bo ku Ijwi batuye i Bukavu, IdĂ©e Balaku,, na we yabwiye AFP ko kugeza ejo ku wa Kabiri inzego z’ubuyobozi zo mu gace ka Ntambuka ku Ijwi zari zimaze kwakira abantu 101, mu gihe Esther Muratwa ukuriye Sosiyete sivile yo kuri kiriya kirwa we avuga ko bari bamaze kwakira abantu 123.

IdĂ©e yakomeje avuga ko aba Banyarwanda bavuga ko bari guhunga gahunda yo gukingira, gusa avuga ko batazi icyo bagamije. Yunzemo ko inzego z’ubuyobozi zifite gahunda yo kubagarura mu Rwanda.

Dunia Muhigirwa usanzwe ari umwarimu ku Idjwi, yavuze ko aba Banyarwanda biganjemo abagore n’abana bari mu midugudu ya Lemera na Nyereji aho bacumbikiwe n’imiryango yabakiriye.

Uyu avuga ko kuba bari kuri kiriya kirwa bihangayikishije kuko nta wuzi neza icyabajyanyeyo.

Aba Banyarwanda si bo ba mbere bumvikanye bahunga igihugu batinya kwikingiza icyorezo cya COVID-19, kuko nko mu cyumweru gishize Leta y’u Burundi yashyikirije u Rwanda abarenga 10 bari barahungiye ku butaka bwa kiriya gihugu batinya kwikingiza.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, we aheruka gutangaza ko mu ntara ayoboye hamaze gutabwa muri yombi abantu 101 na bo bageragezaga guhunga ngo badakingirwa.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. Abanyarwanda barenga 100 bahungiye muri RDC batinya kwikingiza COVID-19
    Non kwer jew arik ndumva bigoy cn, nimugih ciherezo nyene non kumuntu bamukingira kugira ntiyandure, gukingirwa arikumunt akanka akandura, bimazikira?

  2. Abanyarwanda barenga 100 bahungiye muri RDC batinya kwikingiza COVID-19
    Non kwer jew arik ndumva bigoy cn, nimugih ciherezo nyene non kumuntu bamukingira kugira ntiyandure, gukingirwa arikumunt akanka akandura, bimazikira?

  3. Abanyarwanda barenga 100 bahungiye muri RDC batinya kwikingiza COVID-19
    Ariko se ko nziko gukingirwa ari ubushake bw’umuntu ,none byahindutse agahato kugeza ubwo abantu bari guhunga igihugu.ibi bintu biri guha isira itari nziza igihugu rwose.kuko mbona covid ibyayo bidasobanutse ,abantu barirukanwa ku kazi ,abandi barrakubitwa bqgafungirwa mu bigo by’inzererezi,bagaterwa inkingo kungufu,bagasinyishwa kungufu baboshywe ubwo koko nuwaba udafute impungenge yavuga ko ibi bihatse iki??nyamara nzaba mbarirwa.

  4. Abanyarwanda barenga 100 bahungiye muri RDC batinya kwikingiza COVID-19
    Ariko se ko nziko gukingirwa ari ubushake bw’umuntu ,none byahindutse agahato kugeza ubwo abantu bari guhunga igihugu.ibi bintu biri guha isira itari nziza igihugu rwose.kuko mbona covid ibyayo bidasobanutse ,abantu barirukanwa ku kazi ,abandi barrakubitwa bqgafungirwa mu bigo by’inzererezi,bagaterwa inkingo kungufu,bagasinyishwa kungufu baboshywe ubwo koko nuwaba udafute impungenge yavuga ko ibi bihatse iki??nyamara nzaba mbarirwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *