AFCAN 2021: Udushya dukomeje kwiyongera, indirimbo ya Mauritania itariyo yaririmbwe inshuro 2

Sangiza iyi nkuru

Mu mikino ya nyuma y’ibihugu y’umupira w’amaguru ya Africa ikomeje kubera muri Cameroon, ikomeje kubamo amahano kuburyo budasanzwe, aho tariki ya 12 Mutarama 2022 , ubwo Mauritania yari igiye gukina na Gambia indirimbo yabo y’ubahiriza igihugu, haririmbwe itariyo ishuro ebyiri zose.

Ibi bikaba byarabaye ku munsi wejo ubwo ibi bihugu byari bigiye gukina umukino wabyo wa mbere muri iri rushanwa rikomeje kubera muri Cameroon, aho indirimbo y’igihugu ya Mauritania yaririmbwe nabi, ishuro ebyiri zose, hanyuma abakinnyi b’iyi kipe basabwa kuririmba bakoresheje amajwi yabo, ariko Captain wa Mauritania Aboubakar Kamara abitetera utwatsi.

Umukino waje gukomeza Mauritania itsindwa na Gambia igitego kimwe kubusa. Ibi byabaye nyuma gato yaho umusifusi ukomoka muri Zambia Janny Sikazwe wasifuraga umukino wahuzaga Mali na Tunisia, arangije umukino ishuro ibyiri zose iminota 90 y’umukino itaragera. Ibi byavugishije abantu benshi, gusa umukino awurangiza Mali ariyo itsinze Tunisia igitego kimwe kubusa.

Eulade Mahirwe

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *