Alpha Condé wahoze ari Perezida wa Guinée-Conakry, yagaragaye bwa mbere mu ruhame nyuma y’amezi asaga ane ahiritswe ku butegetsi.
Ku itariki ya 01 Nzeri 2021 ni bwo abasirikare ba Guinée bo mu mutwe udasanzwe bari barangajwe imbere na Col Mamady Doumbouya bahiritse ku butegetsi Alpha Condé, bishyira iherezo ku myaka irenga 10 yari amaze ayobora kiriya gihugu cyo mu Burengerazuba bwa Afurika.
Uyu mukambwe w’imyaka irenga 80 y’amavuko kuva yahirikwa ntabwo yari yarigeze agaragara mu ruhame, kugeza ku gicamunsi cy’ejo ku wa Mbere tariki ya 17 Mutarama.
Condé yagaragaye mu ruhame ubwo yiteguraga kurira indege yerekeza i Abu Dhabi mu murwa mukuru wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Uyu mukambwe wahagurukanye n’indege ya Air Guinée akabanza guca i Cairo mu Misiri, yerekeje i Abu Dhabi aho bivugwa ko yagiye kwivuza.
Byitezwe ko Alpha Condé agomba kumara muri kiriya gihugu ibyumweru bibiri nyuma yo guhabwa uruhushya n’agatsiko ka gisirikare kamuhiritse.


