Abakinnyi 11 beza batangajwe na FIFA

FIFA yashyize hanze 11 beza, batarimo Salah na Mendy

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku Isi FIFA, ryatangaje abakinnyi 11 beza b’umwaka wa 2021, aho hajemo no gutungurana kuko nk’umukinnyi Mohamed Salah washyizwe mu bakinnyi 3 beza ariko nta garagare muri 11, ndetse n’umunyezamu wa Chesea, Eduard Mendy wigaragaje cyane ndetse agatorwa nk’umunyezamu mwiza ariko ntagaragare kuri runo rutonde rwa 11 beza ba FIFA 2021.

Muri 11 hagaragaramo abakinnyi 4 basanzwe bakina muri shampiyona y’Abongereza aribo Jorginho na N’Golo Kante ba Chesea, Cristiano Ronaldo wa Manchester United ndetse na Kevin de Brune ukinira Manchester City.

Kuba umukinnyi Eduard Mendy usanze ukinira Chelsea hamwe na Mohammed Salah ukinira Liverpool batagaragaye kuri runo rutonde byateje impaka, kuko bari bashyizwe mu bakinnyi bitwaye neza mu bindi bihembo, kuko Mendy yari yahembwe nk’umunyezamu mwiza wa FIFA w’umwaka, mu gihe Salah nawe yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi batatu beza ariko bigatungurana atagaraye kuri runo rutonde rwa 11.

Mu bandi bakinnyi bagaragaye muri iyi kipe ya 11, harimo David Alab, Leonardo Bonucci, Lewandowski, Lionel Messi na Robert Lewandowski yatowe nk’umukinnyi w’umwaka mu bagabo FIFA 2021 ku shuro ya kabiri y’ikurikiranya, mu gihe Cristiano Ronaldo yahembwe nk’umukinnyi umaze gutsinda ibtego byinshi mu ikipe y’igihugu, naho Thomas Tuchel yahembwe nk’umutoza w’umwaka mu bagabo.

Abakinnyi 11 beza batangajwe na FIFA
Abakinnyi 11 beza batangajwe na FIFA

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *