my_vow.jpg

Meddy yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwa Akeza wasubiyemo indirimbo ye

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Ngabo Médard (Meddy) yagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rw’umwana w’imyaka 5 y’amavuko witwa Akeza Rutiyomba Elsie uherutse gusangwa mu kigega cy’amazi yapfuye.

Urupfu rwa Akeza rwamenyekanye tariki ya 14 Mutarama 2022 ubwo yasangwaga muri iki kigega mu rugo rwa se Florian Rutiyomba, ruherereye mu Kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Gasabo.

Urwego rw’ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi mu ka se wa Akeza witwa Mukanzabarushimana Marie Chantal hamwe n’umukozi wo mu rugo we, Nirere Dative bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu mwana.

Umurambo wa Akeza wari warajyanwe muri Laboratwari y’igihugu ku Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma, wahavanwe, abo mu muryango w’uyu mwana bajya kuwushyingura kuri uyu wa 18 Mutarama 2022.

Kuri uyu munsi w’ishyingura, mu masaa yine y’ijoro ni bwo Meddy yanditse kuri Twitter agaragaza ko yashenguwe n’inkuuru y’urupfu rw’uyu mwana. Yashyizeho agafoto ka Akeza, maze yongeraho ubutumwa bugira buti: “Mbega inkuru ishengura umutima.”

Abo mu muryango bavuga ko Akeza yakundaga kuririmba, ndetse ngo yifuzaga kuzaba umuhanzi. Uyu mwana yamenyekanye cyane ubwo yasubiragamo indirimbo ‘My Vow’ ya Meddy.

my_vow.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *