kansangasalma.jpg

Umutoza wa Zimbabwe yakuriye ingofero umusifuzi Mukansanga

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe, Norman Takanyariwa Mapeza yakuriye ingofero Umunyarwandakazi Salma Rhadia Mukansanga wasifuye umukino wabahuje na Guinea Conakry wa nyuma mu matsinda y’irushanwa ry’abagabo ry’ibihugu bya Afurika, CAN 2021.

Mukansanga ni we wari umusifuzi wo hagati muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Ahmadou Ahidjo mu murwa mukuru wa Cameroon (Younde) Zimbabwe yatsinzemo Guinea Conakry ibitego bibiri kuri kimwe (2-1).

Ubwo wari urangiye, abanyamakuru babajije Mapeza uko yabonye imisifurire ya Mukansanga wabaye umugore wa mbere usifura iri rushanwa ry’abagabo, amushimira ko yakoze akazi neza.

Yagize ati: “Murabizi umukino w’abagabo buri gihe uba ukomeye, amahane ari hejuru, azamuka buri kanya. Uriya mugore yakoze neza cyane iri joro. Ndatekereza ko ari intambwe ikomeye kuri CAF yaaye uriya mugore umwanya ngo ayobore uyu mukino.”

Ni koko wari umukino w’ishyiraniro kuko Guinea yari yatsinzwe ibitego bibiri mu gice cya mbere yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo irushe amanota 3 Malawi yari yabaye ibamba imbere ya Senegal.

Gusa ku bw’amahirwe ya Guinea, umukino wa Malawi na Senegal warangiye ari ubusa ku bundi (0-0), ibone itike yo gukomereza muri 1/16 cy’irushanwa. Zimbabwe yo yasezerewe kuko muri iri tsinda B iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 3.

Muri rusange, umukino wa Zimbabwe na Guinea warangiye Mukansanga atanze amakarita 6 y’umuhondo, atatu kuri buri ruhande arimo iyo yahaye Naby Keita wa Liverpool FC ku munota wa 91. Nta y’umutuku yabonetsemo.
kansangasalma.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *