five.jpg

Abagore baciye inyuma abagabo babo b’abakuru b’ibihugu

Sangiza iyi nkuru

Gucana inyuma hagati y’abashakanye uyu munsi usanga ari imwe mu mpamvu ituma ingo nyinshi zisenyuka hirya no hino ku Isi. Kuba umwe mu bashakanye yaca inyuma undi ntabwo bisaba kuba atunze byinshi cyangwa bikeya; uwo ari we wese yacibwa inyuma n’uwo bashakanye cyangwa bakundana.

Biragoye kwiyumvisha uburyo perezida uyobora igihugu ashobora gucibwa inyuma n’umugore we ukurikije uburyo aba acungiwe umutekano n’icyubahiro perezida ahabwa n’abaturage, perezida akagira ububabare bukomeye ku mutima kubera guca muri ibyo bibazo.

Hano tugiye kurebera hamwe urutonde rw’abagore batanu baciye inyuma abagabo babo b’abaperezida cyangwa abami.

5. NOTHANDO DUBE

Yari umugore wa cumi n’akabiri w’umwami Mswati III. Mu mwaka w’2011 yavuzweho cyane mu bitangazamakuru hirya no hino guca inyuma umugabo we.

Uyu mugore yafashwe asambana n’uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera, Ndumiso.

Uyu mugabo Ndumisso yahoze ari inshuti y’umwami Mswatti mu bwana. Nyuma y’ibyo birego yahise yegura ku mwanya yayoboraga ndetse ashinjwa gukoresha nabi umutungo wa leta mu ngendo zidashira yahoragamo mu mahanga.

4. NOMPUMELELO NTULI ZUMA

NOmpumelelo Ntuli Zuma ni umugore w’uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, akaba umugore wa kabiri bashakanye mu mwaka wa 2008 afite abana batatu. Mu mwaka w’2010, hakwirakwiye inkuru zivuga ko yaryamanaga n’umurinzi we.

Uyu murinzi witwa Phinda Thombo yasanzwe yapfiriye mu nzu nyuma y’igihe gito bibaye, ibintu byatumye abantu bibaza byinshi byerekeye urupfu rwe.

3. WINNIE MADIKIZELA MANDELA

Winnie Madkizela Mandela azwi cyane ku mazina ya Winnie Mandela yahoze ari umugore w’uwari Perezida wa Afurika, nyakwigendera Nelson Mandela.

Uyu mugore yashinjwe kuryamana n’umudepite ushinzwe imibereho myiza wo mu ishyaka rya ANC (African Ntional Congres) Dali Mpofu, bikaba byaramubereye impamvu yo gutandukana kwe n’uwo bashakanye.

Mandela yahise atangaza ko ari gusaba gatanya n’umugore we Madkizela Mandela amushinja kuryamana n’umusore ukiri muto bari bafitanye ubucuti.

2. VERA CHILUBA

Vera Chiluba yapfuye ku itariki ya 9 Mutarama 2022 afite imyaka 68. Yari umugore w’uwari Perezida wa Zambia, Frederick Chiluba guhera mu mwaka 1991 kugera batandukanye.

Frederick Chiluba yategetse umugore we Vela kuva muri Perezidansi nyuma yo kumushinja kuryamana na Mactribouy Archie wari umushoramari.

1. GRACE MUGABE

Grace Mugabe afite imyaka 56 y’amavuko yabyaye abana bane. Yari umugore wa nyakwigendera Robert Mugabe wapfuye ku itariki ya 6 Nzeli 2019 muri Singapore.

Uyu mugore yashinjwe guca inyuma umugabo we, akaryamana n’uwari Guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu, Gideon Agono wari inshuti magara ya Robert Mugabe.

Uyu mugore na mbere yajyaga amuca inyuma ku bagabo batandukanye barimo Peter Pamire waguye mu mpanuka y’amayobera n’undi witwa James Makamba wahunze igihugu nyuma y’uko inkuru yo kuryamana n’umugore wa Perezida yari imaze gusakara igihugu no hanze.
five.jpg

Umwanditsi: Niyobuhungiro David

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Abagore baciye inyuma abagabo babo b’abakuru b’ibihugu
    Mwibagiwe kutubwira abaciye inyuma abagabo babo bakanabyarana nabo binjira.

  2. Abagore baciye inyuma abagabo babo b’abakuru b’ibihugu
    Mwibagiwe kutubwira abaciye inyuma abagabo babo bakanabyarana nabo binjira.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *