Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yavuze ko umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ufite umugambi wo gukorera mu gihugu cyabo.
Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu nama yamuhuje n’agize inyabune y’umutekano, ni ukuvuga: abapolisi, abasirikare, ba Guverineri b’intara n’abashinzwe serivisi z’ubutabera. Iyi nama yabereye muri Komini Mutimbuzi mu Ntara ya Bujumbura tariki ya 26 Mutarama 2022.
Perezida Ndayishimiye yasabye abo muri izi nzego kuba maso, bakifatanyiriza hamwe mu kubungabunga umutekano, kuko ngo umwanzi ashaka gutera u Burundi muri RDC.
Nzeyimana Alain-Diomede wunganira Umuvugizi w’Umukuru w’Igihugu yabwiye Radio VOA ati: “Hano hakurya muri Congo hari imitwe nk’umwe wa ADF ushaka gukorera n’aha mu gihugu cy’u Burundi . Ni ukuvuga rero, n’aho dufite amahoro n’umutekano, igikomeye ni uko abashinzwe inyabune ahubwo bakora kugira ngo iyo mitwe ntize.”
Ni nyuma y’aho tariki ya 11 Mutarama 2022 muri Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ya RDC, hafatiwe uwitwa Benjamin Kisokeranio wari mu bayobozi bakuru ba ADF. Uyu yafashwe avuye mu Burundi, kandi bivugwa ko yari amaze imyaka igera kuri itatu akoreyo ingendo z’ibanga.
Ifatwa ry’iki cyihebe https://bwiza.com/?Icyihebe-gikuru-muri-ADF-cyafashwe





