Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yatangaje ko yafatiye ibihano Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’abandi bayobozi 12 bo mu gihugu cye.
Abandi bari mu bo u Burusiya bwafatiye ibihano umunyamabanga wa Leta Zunze ubumwe za Amerika ushinzwe umutekano, Antony Blinken, Minisitiri w’Ingabo, Lloyd Austin na Jen Psaki ukuriye itangazamakuru.
Uru rutonde kandi ruriho Madamu Hilary Clinton wahoze ari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo kimwe na Hunter usanzwe ari umuhungu wa Perezida Joe Biden.
Ibihano aba bose bafatiwe birimo kutemererwa gukandagira ku butaka bw’u Burusiya ndetse n’imitungo baba bafite muri iki gihugu igafatirwa.
Ni ibihano biza bifatirwa ibyo Amerika n’ibindi bihugu bafatiye u Burusiya mu minsi ishize kubera intambara bushinjwa gushoza kuri Ukraine.
Abategetsi b’u Burusiya barangajwe imbere na Perezida Vladimir Putin, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Sergei Lavrov na Dmitry Peskov usanzwe ari umuvugizi wa Perezidansi y’u Burusiya.
Ku munsi w’ejo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zanatangaje ibihano ku bayobozi 11 bo mu ngabo z’u Burusiya ndetse zinatangaza ko zishobora gufatira ibihano Perezida Alexander Lukashenko wa Belarus ushinjwa gufasha u Burusiya kugaba ibitero kuri Ukraine.
Abategetsi ba Canada na bo bafatiwe ibihano n’u Burusiya
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kandi yanatangaje ibihano nk’ibyo yafatiye Abanyamerika ku banyapolitiki batandukanye ba Canada ndetse no ku badepite barenga 300 ba kiriya gihugu.
Abanya-Canada bashyizwe ku rutonde rwirabura n’u Burusiya barangajwe imbere na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Justin Trudeau, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, MĂ©lanie Joly na Minisitiri w’Ingabo, Anita Anand.
Canada yafatiwe ibihano izira ku kuba iri mu bihugu byafashe iya mbere mu kwamagana u Burusiya ndetse igasaba ko iki gihugu cyafatirwa ibihano biremereye.
Abandi byitezwe ko bafatirwa ibihano ni abategetsi b’u Bwongereza barangajwe imbere na Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson cyo kimwe n’uw’Ingabo, Ben Wallace.



2 Responses
U Burusiya bwafatiye ibihano Perezida Joe Biden wa Amerika n’abandi bategetsi
UGUHIGA UBUTWARI MURATABARANA
U Burusiya bwafatiye ibihano Perezida Joe Biden wa Amerika n’abandi bategetsi
UGUHIGA UBUTWARI MURATABARANA