Niyonzima Olivier ‘Seif’ yanyomoje ibyo APR FC yamutangajeho batandukana

Sangiza iyi nkuru

Niyonzima Olivier ‘Seif’ kuri ubu ukinira ikipe ya AS Kigali, yagarutse ku buryo yatandukanyemo n’ikipe ya APR FC avuga ko atahavuye kubera imyitwarire mibi nk’uko bivugwa.

Seif yageze muri APR FC mu mpeshyi ya 2019 avuye muri Rayon Sports, akinira iyi kipe y’Ingabo z’igihugu imyaka ibiri mbere yo gutandukana na yo.

Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga yatandukanye na APR FC muri Kanama 2021, mu gihe yari amaze igihe gito yongereye amasezerano.

Byavuzwe ko APR FC yasheshe amasezerano ye kubera imyitwarire mibi, iyi kipe ubwayo ibyemeza mu nkuru yanyujijwe ku rubuga rwayo rwa Internet.

http://www.aprfc.rw/apr-fc-yasezereye-niyonzima-olivier-sefu-kubera-imyitwarire-mibi/

Uyu mukinnyi agaruka ku rugendo rwe muri APR FC, yavuze ko yatandukanye n’iyi kipe kuko yari asoje amasezerano; birangira batumvikanye ku bijyanye no kuyongera.

Yabwiye ISIMBI ati: “Abantu benshi bakunda kubimbaza ariko nta bintu byinshi byigeze bizamo, amasezerano yari yararangiye biba ngombwa ko dutandukana kandi nta kibazo nigeze ngirana na bo. Nahavuye neza, nta kibazo kirimo, ni bya bindi umuntu avuga ngo amasezerano ararangiye, hari ibyo tutemeranyijweho, reka ngende, nta kibazo kigeze kizamo.”

Kuba yari yarerekanywe mu bakinnyi bongerewe amasezerano ariko bagahita batandukana, yagize ati: “Ni byo ariko urumva akazi kari kataratangira, hari ibintu biba ari ibanga ry’umuntu atari ngombwa kubishyira mu itangazamakuru, ariko muri rusange nta kibazo, tumeranye neza.”

Imyaka ibiri Seif yakiniye APR FC avuga ko yagiriyemo ibihe byiza, ndetse akaba anishimira ko yavuyemo batwaranye nayo ibikombe bibiri bya shampiyona kandi badatsinzwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *