Umuganga wa CAF yakubiswe n’abafana ba Nigeria barakajwe no kubura itike y’Igikombe cy’Isi arapfa

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Zambia Joseph Kabungo wari umuganga mu ishyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) ndetse n’ishyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), yapfuye nyuma yo gukubitwa n’abafana b’ikipe y’igihugu ya Nigeria barakajwe no kubura itike y’Igikombe cy’Isi.

Kabungo yari ayoboye itsinda ry’abaganga bari ku mukino wo kwishyura w’ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 The Super Eagles ya Nigeria yari yakiriyemo Black Stars ya Ghana.

Nigeria yabuze itike ya ririya rushanwa rizabera muri Qatar nyuma yo kugwa miswi na Ghana igitego 1-1, isezererwa kubera igitego cyo hanze.

Thomas Partey usanzwe ukinira Arsenal yo mu Bwongereza ni we wafunguriye Ghana ku munota wa 10 w’umukino, Nigeria yishyurirwa kuri penaliti na William Troost-Ekong ku munota wa 22 w’umukino.

Nyuma y’umukino abafana ba Nigeria bishoye mu kibuga bangiza ibikorwa remezo bitandukanye by’iriya Stade y’i Abuja.

Amakuru avuga ko muri aka kavuyo ari bwo Kabungo yakubiswe n’abafana ata ubwenge, mbere yo kujyanwa kwa muganga ari na ho yaguye.

Cyakora cyo hari andi makuru avuga ko kuva mu gitondo cy’ejo ku wa Kabiri uyu mugabo yavugaga ko atameze neza, ibikekwa ko bishobora kuba intandaro y’urupfu rwe.

CAF ntacyo iratangaza ku rupfu rw’uriya muganga wayo, gusa byitezwe ko isohora itangazo ritanga amakuru y’impamo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *