Abandi batanu bo muri M23 biganjemo ba captain bafatiwe muri Kisoro bajya muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’umutekano mu Karere ka Kisoro mu burengerazuba bwa Uganda zataye muri yombi abandi barwanyi 5 bahoze muri M23 bakekwaho kuba bari bagiye kujya muri Congo.

Aba bafashwe, Sgt. Erick Munezero, Capt. Roger Kubwimana, Capt. Hategeka Ngiruwonsanga, Capt. Freesia Musabyimana na Capt. Patrick Mugisha, bakaba bari batorotse mu nkambi ya Bihanga mu Karere ka Ibanda, kuri ubu bafungiye kuri station ya polisi ya Kisoro.

Umuyobozi w’igipolisi muri Kisoro, Charles Okoto, avuga ko aba bahoze ari abarwanyi ba M23 bafashwe mu gitondo cyo kuwa Gatanu bari mu modoka ya minibus ifite ibirango,UAW 477K ahitwa kanaba muri Kisoro nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru ivuga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu yongeyeho ko aba bafashwe bose bagomba gusubizwa mu nkambi ya Bihanga kandi yizeza ko bazafasha mu guta muri yombi aba bahoze ari inyeshyamba baturutse muri Congo minisiteri y’umutekano igatanga inama y’icyo bakorerwa.

Muri iki cyumweru gishize n’ubundi abani barwanyi bahoze muri M23 bagera ku 101 bafatiwe I Mbarara bigize abagenzi basanzwe bari mu muhanda werekeza muri Congo. Ntiharamenyekana impamvu aba barwanyi bakomeje gucika mu nkambi bari bacumbikiwemo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *