Etienne Tshisekedi yasubijwe kwivuriza mu Bubiligi mu gihe ari we wari uhagarariye abatavuga rumwe na leta mu biganiro bigamije gukura Kabila ku butegetsi, ibi byateye impungenge Abakongomani bakeka ko uyu mugabo naramuka yongeye gutinda mu bitaro bizahesha perezida Kabila kuguma ku butegetsi kubera ko abamurwanya bacika integer.
Kuri uyu wa 24 Mutarama 2017, umukongomani, Etienne Tshisekedi uyobora ishyaka rya UDPS ritavuga rumwe na leta ya Congo yazindutse asubizwa kwa muganga mu gihugu cy’Ububiligi aho yavuye mu kwezi kwa Nyakanga 2016 nyuma y’imyaka igera kuri ibiri n’ubundi yari amazeyo.
AFP dukesha iyi nkuru yanditse ko Etienne Tshisekedi kuri ubu ufite imyaka 84 y’ubukuru yagiye mu Bubiligi kwivuza, byatangajwe n’abamwe mu bantu baba hafi uyu mugabo bemeza ko yagiye ajyanwe no kwivuza mu gihe hari andi makuru yavugaga ko Etienne Tshisekedi yaba yagiye gutembera bisanzwe.
Umwe muri abo bantu ba hafi ba Tshisekedi yagize ati “Ntabwo ari bupfe ariko yagiye kwivuza, azagaruka vuba bidatinze akomeze inshingano ze za politiki”
N’ubwo aba bavuga ko yagiye kwivuza, ubuyobozi bw;ishyaka rya UDPS bwo bwanze kwemeza aya makuru buvuga ko Etienne Tshisekedi yagiye kwitemberera bisanzwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibiganiro bigamije kwemeza Kabila kurekura ubutegetsi hagategurwa amatora anyuze mu mucyo byatangijwe n’idini ya kiliziya Gatolika muri Congo kuva mu mpera z’umwaka ushize, abatavuga rumwe na Kabila basaba ko uyu muperezida muto mu mwaka ugereranyije n’abandi bakuru b’ibihugu bo ku isiyarekura ubutegetsi mbere y’uko 2017 irangira.
Tshisekedi yasubiye mu bitaro yari yaravuyemo mu kwezi kwa Nyakanga 2016 abimazemo imyaka 2, akigera muri Congo yahise atangiza urugamba rwo kuzasimbura Kabila wagombaga kuva ku butegetsi ku wa 20 Ukuboza 2016 ariko akaza kwanga kurekura, ibintu byaje gukurura imvururu muri Congo zigahitana abatari bake, Perezida Kabila yagiye kubutegetsi mu mwaka wa 2001.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Schadrack@bwiza.com


