Uganda: Abakobwa b’amasugi bagiye kujya bahembwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’akarere ka Mbake gaherereye mu majyepfo ya Uganda yatangaje ko bagiye kujya baha agahimbazamushyi abana b’abakobwa bari mu kigero cy’umyaka 15-18 bazajya basanga bakiri amasugi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi uyu muyobozi yabitangaje mu rwego rwo gukangurira abana b’abakobwa cyane cyane abakiri ku ntebe y’ishuri kurushaho kwifata kuko bigaragara ko ikibazo cy’ubusambanyi gikomeje gufata indi ntera cyane cyane ku bakiri muri kiriya kigero cyavuzwe.
Uyu muyobozi Martin Shaka yagize ati”kuri ubu biragoyekubona umwana w’isugi. Niyo mpamvu uwo tuzasanga yaragerageje kwifata byibuze kugera ku myaka 15 na 18 tuzajya tumugenera ishimwe.”
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko guhera muri uku kwezi kwa kabiri bagiye gukorana n’abaganga bagapima abana b’abakobwa bo muri kariya gace, abo basanzwe bakiri amasugi bakabaha ibihembo aho abakiri ku ntebe y’ishuri bazajya bahabwa ibirimo ibikoresho by’ishuri n’ibindi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yakomeje anavuga ko ibi bizatuma habaho igabanuka ry’abana barware ibirwara byandura birimo n’agakoko gatera SIDA ndetse no gushaka bakiri bato kuko bazaba bifashe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *