Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yasobanuye uburyo Paul Kagame na murumuna we, General (Rtd) Caleb Akandwanaho wamenyekanye nka Salim Saleh bamutabaye ubwo yari agiye kwicirwa hamwe nâumuryango we.
Mu butumwa burebure amaze gushyira ku rubuga rwa Twitter, Perezida Museveni yasobanuye uburyo umuhungu we wizihije isabukuru yâamavuko ya 48, ari impano Imana yamuhaye, we nâumufasha we Janet Museveni mu bihe byari bikomeye.
Yagize ati: âLt Gen Muhoozi yari impano mu buto bwacu bwâibihe bikomeye. Yavukiye i Dar es Salaam tariki ya 24 Mata 1974, Mama Janet yajyanwe ku bitaro nâumugore wâUmuholandi. Ku munsi wakurikiyeho, nahamagaye Samora Machel, mumenyesha ibyâiyo nkuru.â
Samora MoisĂ©s Machel yabaye umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro wa FLERIMO (Frente de Libertação de Moçambique) warwanyaga ubutegetsi bw’abakoloni b’abanya-Portugal guhera mu 1962. Waje gufata ubutegetsi, aba Perezida w’iki gihugu kuva mu 1975 kugeza mu 1986.
Uyu Mukuru wâIgihugu yavuze ko Kainerugaba yabaye Kadogo mu rugamba rwo kubohora igihugu [rwatangiye mu 1980). Ati: âKu myaka 5 yari inararibonye mu gisirikare ubwo twatabwaga muri yombi na bagenzi bacu bo muri UPC muri Kireka.â
UPC (Uganda People’s Congress) ni umutwe wa politiki washinzwe n’uwari Perezida wa Uganda, Miltoni Obote mu 1960. Ubutegetsi bwe bwahiritswe n’abarwanyi ba NRA (National Resistance Army) bari bayobowe na Yoweri Museveni mu 1986.
Muri iki gihe Museveni nâumuryango we batabwaga muri yombi, yasobanuye ko ari bwo Kagame na Saleh babatabaye. Ati: âBari bafite umugambi wo kutwohereza ku Mana ariko ingabo zacu zari kumwe na Kagame na Saleh zaradutabaye.â
Perezida Museveni yashimiye Perezida Kagame kuba yaremeye ubutumire bwa Gen. Kainerugaba, akitabira ibirori bye. Ati: âNdagira ngo nshimire Nyakubahwa Paul Kagame, twishimiye ko wemeye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi, ukaza. Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare. Ni inshuti kuva mu bihe bya kera.â
Inkuru yâuko Museveni nâumuryango we batabawe nâaba basirikare yanagarutsweho na Janet Museveni mu gitabo yise âMy Lifeâs Storyâ, aho yagize ati: âRwigema, Saleh nâabandi basore bâabasirikare basimbutse imodoka, imbunda zabo ziteguye kurasa. Ibi byatwaye iminota mike ku buryo abandi basirikare basigaye ku muhanda bumiwe.â
Icyo gihe hari mu mwaka wâ1980, ubwo urugamba rwo kubohora igihugu rwari rwatangiye. Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?rwigyema-yaradutabaye-janet-museveni
Uruzinduko rwa Perezida Kagame i Kampala rwongeye kubaho nyuma y’imyaka ine kuko yaherukagayo mu 2018 umubano w’u Rwanda na Uganda utarajyamo agatotsi.
Rukurikiye ebyiri Gen. Kainerugaba yagiriye mu Rwanda (muri Mutarama na Werurwe 2022), ubwo bombi baganiraga ku buryo uyu mubano w’ibihugu bifitanye amateka maremare y’ubucuti wakongera kuba mwiza.
Nyuma y’izi nzinduko, icyizere gikomeje kwiyongera ko n’ibibazo bikiri hagati y’ibi bihugu na byo bishobora gukemuka bitatinze. Iby’ingenzi byakemutse birimo ifungurwa ry’imipaka itatu yo ku butaka bihuriyeho.



2 Responses
Museveni yasobanuye uko Kagame yamutabaye yari agiye kwicirwa hamwe n’umuryango we
hhhhh ntabwo uzi amateka kbsa
Museveni yasobanuye uko Kagame yamutabaye yari agiye kwicirwa hamwe n’umuryango we
hhhhh ntabwo uzi amateka kbsa