Iran nayo yafashe icyemezo kibuza Abanyamerika kwinjira ku butaka bwayo

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Irani cyasohoye itangazo ribuza Abanyamerika kongera kwinjira ku butaka bwacyo nyuma y’aho perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika nawe asohoreye itegeko ribuza abaturage baturuka mu bihugu 7 by’Abasilamu kwinjira muri Amerika mu gihe cy’amezi 4 ari imbere. Ibyo bihugu bikaba ari Irak, Libya, Syria, Sudani, Yemen na Somalia.

Itangazo ryasohowe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran rivuga ko icyemezo cya perezida Trump ari nk’ishimwe perezida wa Amerika ahaye imitwe y’iterabwoba. Yongeyeho ko iri tegeko rizahinduka ar’uko Amerika nayo yisubiyeho.

Iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika iravuga ko Iran ibaye igihugu cya mbere gisohoye itangazo ryamagana icyemezo cya perezida Trump. Ibiro bya perezida wa Amerika bikaba byatangaje ko icyo cyemezo kigamije kurinda igihugu abantu baturuka mu bihugu byiganjemo itarebwoba.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Department ya leta kuri uyu wa Gatandatu ushize ikaba yarabwiye iki kinyamakuru ko iri gukora ibishoboka byose ngo ibintu bijye mu buryo kandi ko umutekano w’Abanyamerika ari wo uza imbere.

Kuri uyu wa Gatanu ushize nibwo perezida Donald Trump yatangaje ko abantu bemerewe kwinjira ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari abazishyigikiye bonyine abashinzwe abinjira n’abasohoka bakaba bagomba kubyitwararika.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *