Burundi: Bamwe mu basirikare batabwa muri yombi bakiva mu butumwa bw’amahoro

Sangiza iyi nkuru

Ku itariki ya 21 Mutarama 2017, nibwo bamwe mu basirikare b’u Burundi bari bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika batawe muri yombi bakimanuka mu ndege i Bujumbura, kugeza ubu imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikaba ifite impungenge z’ubuzima bwabo.
Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Pacific Nininahazwe, Umuyobozi muri Sosiyeti sivile i Burundi, yagize ati: “Hashize icyumweru kimwe Adj-mjr Elysée Nduwumukama afatiwe ku kibuga cy’indege I Bujumbura, 21/01/2017 ubwo yavaga mu butumwa bw’amahoro”.
Yakomeje avuga kandi ko bitewe n’iri tabwa muri yombi rya bamwe mu basirikare, bamwe muri bagenzi babo bagiye bahitamo guhita batoroka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yakomeje agira ati: “Bitewe n’igitutu bashyizweho, Capt. Epitace Nimbona na Adj-chef Albert Nyambariza bafashe icyemezo cyo kutinjira mu Burundi, impungenge z’umutekano wabo nizo zatumye abagera kuri babiri bari bavuye mu butumwa bw’amahoro CAR batoroka batarinjira mu gihugu”.
Pacific yatangaje ibi mu gihe anavuga ko itabwa muri yombi rya bamwe mu gisirikare cy’u Burundi ryakajije umurego muri iyi minsi, gusa ku ruhande rwa Leta nta kintu itangaza ku cyaba cyihishe inyuma y’ibyo.
Ubwoba, amacakubiri, kwijandika muri politiki kwa bamwe mu basirikare,…byatangiye muri 2015 ubwo hari bamwe bagiye bagaragaza ko badashyigikiye Perezida Nkurunziza kuri manda ya 3 mu gihe hari abandi bari bayishyigikiye, uko kudahuza gutuma bamwe bicwa abandi barafungwa kugeza n’ubu bagifungwa mu gihe hari n’abagihunga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
new-picture-1
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *