Beyonce, umugore w’imyaka 35 y’amavuko yatangaje ko we n’umugabo we bari mu munezero udasanzwe nyuma yo gusanga atwite inda y’impanga.

Ibi uyu mugore yabitangarije abakunzi be abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, aho yagize ati: “twifuje kubasangiza urukundo rwacu n’umunezero, twagiriwe ubuntu bwikube kabiri, tunejejwe n’uko umuryango wacu uzaguka inshuro ebyiri, turagushimiye wowe watwifurije ibyiza”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Beyonce n’umugabo we Jay z bari basanzwe bafitanye umwana umwe, Blue Ivy Carter wavutse tariki ya 7 Mutarama 2012.


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille Kamikazi/Bwiza.com


