Nyampinga wa Tanzania (2006),Wema Sepetu, ubu uzwi cyane mu ruhando rwa Cinema, yatawe muri yombi na polisi kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Gashyantare 2017. Bitangazwa ko acyekwaho ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.
Abafashwe barimo na Sepetu ni abantu 17, barimo abapolisi b’abofisiye n’abahanzi, umuyobozi w’intara ya Dar es Salaam, Paul Makonda akaba atangaza ko ari dosiye y’icuruza ry’ibiyobyabwenge bose bariho.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Simon Sirron, umuyobozi wa Polisi muri Dar es Salaam avuga ko igikorwa cyo guta muri yombi abacyekwaho iri curuzwa ry’ibiyobyabwenge ryatangiye ku wa Gatanu ubwo hafatwaga 5, naho abandi 12 batabwa muri yombi ku wa Gatandatu, bose bakaba 17.
Ikinyamakuru edaily.co cyo muri Tanzania gitangaza ko Guverinoma ya Perezida Magufuli ubu yafashe ingamba zo guhangana n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ricishwa ku cyambu cya Dar es Salaam, by’umwihariko ko hari abafashwe babigemuye mu Bushinwa.

Twabibutsa ko uyu mukobwa Sepetu ari we wahoze mu rukundo n’umuhanzi Diamond wo muri Tanzania bakaza gushwana ari nabwo Diamond yahise arongora umuherwekazi, Zari ubu bamaze kubyarana kabiri.
Wema Sepetu ubu ni umukinnyi wa Film uzwi muri Tanzania akaba yaragiye avugwaho byinshi mu itangazamakuru ryo muri Tanzania kubera ibihe byiza yagiye agirana n’ibyamamare byo muri iki gihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Sepetu yakundanye na Steven Kanumba wari uzwi mu ruhando rwa Cinema, aza gupfa uyu mukobwa nawe atungwa agatoki ashinjwa kumuhitana, yakundanye na Diamond bigeze ku munota wa nyuma benda kurushinga barashwa nyuma yaho yakundanye na Idriss Sultan (umunyarwenya) nawe barashanwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Theoneste@bwiza.com
Â


