Kuri iki cyumweru tariki ya 5 Gashyantare 2017, ikipe ya Cameroun yihereranye Egypt iyitsinda ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa nyuma w’irushanwa ry’igikombe cy’ibihugu by’Afurika cya CAN 2017.

Ni ku nshuro ya 5 iyi iyi kipe itsinda mukeba wayo mu irushanwa nk’iri mu mukno w’irangiza, ariko indi nay o ikaba ifite imikino yagiye iyitsinda mu myaka yashize.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Izi kipe zombi zagaragaje ubuhanga budasanzwe muri uyu mukino, ariko biza kurangira habayeho kugaragaza uwigizaga nkana aka babandi baburana ari babiri.

Muri 2008, izi kipe zari zahuriye kuri finali na none muri iri rushanwa aho iyi kipe ya Cameroun yabashije gutsindwa ikavamo.

Igice cya mbere cyarangiye ari igitego kimwe ku busa bwa Egypt, aho mu gice cya 2 yaje kwishyura ndetse itsindwa ikindi kimwe umukino urangira ari 2 bya Cameroun kuri kimwe cya Egypt.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Mu mateka yazo, ikipe ya Egypte imaze gutwara ibi bikombe inshuro zigera kuri 7 mu gihe iyi nshuro ari iya 5 ya Cameroun yo gutwara irushanwa yari ihanganye na Egypt.

Inkuru bifitanye isano ku mikino yahise
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiz.com


