Komisiyo y’igihugu y’amatora muri Kenya yemeje abakandida bane bazahangana mu matora y’umukuru w’igihugu yo kuwa 09 Kanama 2022, barmo Raila Odinga, visi perezida William Ruto n’abanyamategeko babiri.
Uyu niwo mubare muto w’abakandida mu matora ya perezida kuva hashyirwaho gahunda y’amashyaka menshi mu 1992 muri iki gihugu cy’abaturanyi. Komisiyo y’amatora (IEBC) yatangaje ko mu madosiye 17 yose hamwe, ane ari yo “yujuje ibisabwa n’itegeko nshinga”.
Muri aya matora ariko nk’uko ababikurikiranira hafi babyemeza, hazaba hahanganye abakandida babiri; Raila Odinga na Visi-Perezida William Ruto.
Perezida ucyuye igihe, Uhuru Kenyatta, udashobora kwiyamamariza manda ya gatatu, yatangaje muri Werurwe ko azashyigikira uwahoze ari mukeba we Odinga, bityo asezerera Ruto, visi-perezida we kuva mu mwaka wa 2012, wari witeze kuzamusimbura.
Odinga na Kenyatta batangiye kwegerana mu buryo butunguranye kuva mu 2018, nyuma y’urugomo rwakurikiye amatora yo mu 2017 yamaganwe na Odinga, rwahitanye abantu benshi. VoaAfrique dukesha iyi nkuru ivuga ko ku myaka 77, Raila Odinga azaba ashaka kuba perezida ku nshuro ya gatanu nyuma yo kugerageza mu 1997, 2007, 2013 na 2017.
Yabaye Minisitiri w’intebe hagati ya 2008 na 2013 muri guverinoma y’ubumwe bw’igihugu, nyuma y’imvururu zakurikiye amatora yo mu 2007, zabaye mbi kurusha izindi kuva igihugu cyigenga mu 1963 (hapfuye abantu barenga 1100, ibihumbi n’ibihumbi bivanwa mu byabo).
William Ruto bazaba bahanganye, ufite imyaka 55, yigaragaza nk’uharanira inungu za rubanda rugufi imbere y’ingoma y’abanyapolitiki Kenyatta na Odinga, ba se bakaba barabaye perezida wa mbere na visi-perezida ba Kenya yigenga.
Abanyamategeko babiri nabo bari mu bazahatana. George Wajackoyah washinze ishyaka rya “Roots Party” ashingiye ku myemerere ya Rastafarianism, ni umunyamategeko udasanzwe, wanabaye umukozi ushinzwe iperereza muri polisi mu myaka ya za 90 mbere yo kujya mu buhungiro mu Bwongereza kugeza mu 2012.
Muri gahunda ye harimo kugabanya icyumweru cy’akazi kugeza ku minsi ine no kwemeza ikoreshwa ry’urumogi mu rwego rwo gutera inkunga umwenda wa Kenya.
Naho umunyamategeko, David Mwaure, ashyize imbere urugamba rwo kurwanya ruswa naramuka atowe. Uyu we yari yariyamamaje muri 2013 mbere yo guharira undi mukandida.


