Ubushinjacyaha urwego Rwisumbuye rwa Muhanga, kuri uyu wa Mbere, itariki 06 Kamena 2022, bwashyikirijwe dosiye y’umusore ukekwaho ubwinjiracyaha bwo kwica barumuna be babiri, abahoye ko nyina atamwubakiye inzu.
Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko umusore wavutse mu mwaka wa 2000, akekwaho icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi yaba yarakoreye barumuna be babiri, cyabereye mu Murenge wa Nyarusange, Akarere ka Muhanga, Intara y’Amajyepfo, ku itariki ya 27/5/2022.
Ngo bikaba bikekwa ko yaba yarakoze icyo cyaha abitewe n’uko nyina yaba yaranze kumwubakira inzu. Ukekwa ngo akaba yarakubise umuhini barumuna be babiri, umwe ariruka ukekwa amwirukaho akomeza kumukubita umuhini, agwa mu muferege, ahita ajya kuzana umuhoro, murumuna we yari yasize mu muferege akomeje gutaka, amugarukaho amutemagura inshuro nyinshi mu mutwe n’ahandi.
Bivugwa ko uregwa yahise yiruka, abaturanyi bamwirukaho baramufata bamushyikiriza ubuyobozi, ariko mbere yo gukora icyo cyaha akaba yari yabanje gutyaza umuhoro, abwira abantu baje kumushungera ko aza kwica umuntu, anabwira murumuna we wavutse 2011 wari uvuye ku ishuri ko ari bupfe.
Umubyeyi w’ukekwa avuga ko yaba yarashatse kwica barumuna be abitewe n’uko atari yaramwubakiye, bikanavugwa n’undi mutangabuhamya na we uva inda imwe n’ukekwa, akaba avuga ko ukekwa yabwiye nyina ngo amwubakire nyina akamubwira ngo azasange se abe ariwe umwubakira.
Ubushinjacyaha bukomeje iperereza, mu gihe uregwa avuga ko atazi icyabimuteye, ko nta n’ uburwayi bwo mu mutwe afite.
Aramutse ahamwe n’ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi akurikiranyweho, uregwa yahanishwa igifungo cy’imyaka 25, giteganywa mu ngingo za 21 & 107 z’Itegeko N°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


