Colombia: Uwahoze ari inyeshyamba mu mutwe wa M-19 yatorewe kuba perezida

Sangiza iyi nkuru

Gustavo Petro wahoze ari umurwanyi w’inyeshyamba wasezeranyije impinduka zikomeye mu mibereho n’ubukungu, yatsindiye kuba Perezida wa Colombia.

Intsinzi ya Petro mu matora y’umukuru w’igihugu yo ku Cyumweru azamugira perezida wa mbere mu gihugu uvuye mu baharanira uburinganire mu by’imibereho cyangwa “left-wing president”.

Yatsinze amatora ku majwi 50.4 ku ijana, mu gihe mukeba we, Rodolfo Hernandez, igihangange mu bwubatsi, yagize 47.3 ku ijana nk’uko tubikesha Al Jazeera.

Petro mu byishimo byinshi yabwiye abamushyigikiye mu murwa mukuru wa Colombia, Bogota ati: “Kuva uyu munsi, Colombia irahinduka, impinduka nyayo ituyobora kuri imwe mu ntego zacu: politiki y’urukundo… yo kumvikana no kuganira.”

Nk’umusenateri n’uwahoze ari Meya wa Bogota, intsinzi ya Petro yashimangiye impinduka zikomeye muri politiki za perezida mu gihugu kimaze igihe cyaraheje abaharanira uburinganire mu by’ubukungu n’imibereho kubera kubonwa nk’abafitanye isano n’amakimbirane akoreshwamo intwaro.

Petro ubwe yigeze kuba inyeshyamba mu mutwe ubu utagikora wa M-19 kandi yahawe imbabazi nyuma yo gufungwa azira uruhare rwe muri uyu mutwe.

Mu ijambo rye ry’intsinzi, Petro, w’imyaka 62, yahamagariye ubumwe kandi aha ikaze abamunenga, avuga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bose bazakirwa mu ngoro ya perezida “kugira ngo baganire ku bibazo bya Colombia”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *